00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Leta ya RDC yongereye umubare w’abacanshuro ngo yisubize Point-Zéro

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 September 2026 saa 10:57
Yasuwe :

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwongereye abasirikare n’abacanshuro b’abanyamahanga mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu rwego rw’imyiteguro yo kugaba ibitero bigamije kwisubiza agace ka Point-Zéro.

Ihuriro AFC/M23 n’umutwe wa MRDP-Twirwaneho bigenzura Point-Zéro kuva mu ijoro ryo ku wa 3 rishyira uwa 4 Nyakanga 2026. Mbere yagenzurwaga n’ingabo za RDC, iz’u Burundi na Wazalendo.

Amakuru yizewe aturuka mu bantu bari kugira uruhare muri iyi myiteguro avuga ko Leta ya RDC yongereye abasirikare muri iyi ntara ndetse n’ibikoresho bizifashishwa mu kugaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23 n’umutwe wa Twirwaneho.

Mu mpera za Kanama 2026, aba bacanshuro barimo Abanyamerika n’Abanya-Colombia bari muri iki gice bariyongereye, bava ku 10 bagera kuri 35. Bari gukorera mu gace ka Lusuku na Alaba hafi ya Point-Zéro, bafatanyije n’abasirikare bo mu mutwe w’ingabo zidasanzwe za RDC uzwi nka Hiboux.

Biteganyijwe ko aba bacanshuro bazagira uruhare mu bikorwa byihariye birimo kuyobora ibitero by’indege no gukoresha drones zigaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23 na Twirwaneho.

Tariki ya 28 Kanama, igisirikare cya RDC cyongereye abasirikare mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Uvira birimo Murunga, Munanira, Ndolera, Kashabiro na Lemera.

Mu ijoro ryo ku wa 29 Kanama, batayo ya Hiboux yavuye mu gace ka Bilende muri Teritwari ya Fizi igana mu cyerekezo cya Point Zéro.

Iyi myiteguro ibaye mu gihe ingabo za RDC, iz’u Burundi na Wazalendo bikomeje kwirunda mu bice bikikije Komini Minembwe muri Teritwari ya Fizi, Uvira na Mwenga.

Amakuru avuga ko ingabo za RDC zikomeje kohereza ibikoresho byinshi mu Burundi, nk’aho hagati ya tariki ya 5 n’iya 7 Kanama, indege eshatu zaturutse i Kinshasa zabigejeje ku kibuga cy’indege cya Bujumbura mbere y’uko bijyanwa muri Kivu y’Amajyepfo.

Ku wa 9 n’uwa 10 Kanama, imodoka z’igisirikare cy’u Burundi zari zitwaye abasirikare, ibikoresho ndetse na drones z’intambara zanyuze ku mupaka wa Gatumba-Kavimvira zigana Baraka muri Teritwari ya Fizi.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo, Lt Gen Banza Mwilambwe Jules, na mugenzi we w’u Burundi, Gen Prime Niyongabo, na bo bagiye mu Mujyi wa Kalemie mu ntangiriro za Kanama, bakurikirana imyiteguro y’ibitero muri Minembwe.

Leta ya RDC yiteze ko abacanshuro bayifasha kuyobora ibitero by'indege z'intambara na drones

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages