Amadini, amatorero n’abanyapolitiki bikomeje kwingingira Perezida Félix Tshisekedi ngo atangize ibiganiro bidaheza bihuza Abanye-Congo bo mu byiciro byose, kugira ngo bashakire hamwe umuti w’ibibazo bimaze imyaka myinshi byugarije iki gihugu.
Abashumba bo muri Kiliziya Gatolika no mu Itorero Angilikani, bagaragaje ko niba Leta ya RDC ishaka amahoro, igomba kwemera n’abahagarariye imitwe yitwaje intwaro bakitabira ibiganiro ariko yateye utwatsi icyo gitekerezo.
Ku rwego mpuzamahanga, Perezida wa Angola, João Lourenço, mu gihe yayoboraga umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yasabye Tshisekedi ko mu Banye-Congo yaganira na bo hadakwiye kuburamo abahagarariye ihuriro AFC/M23, ariko ntabyumva.
Ku wa 16 Mata 2026, Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yatangaje ko Tshisekedi yemera ibiganiro bimuhuza n’Abanye-Congo “bitandukanyije na Kagame” kandi ko ikimuraje ishinga ari ukwisubiza ubutaka ingabo za Leta zambuwe.
Muyaya yagaragaje ko abo muri AFC/M23 “n’abafatanyabikorwa babo” bakoreye Abanye-Congo ibyaha, bityo ko bazabiryozwa mu rwego rwo kwirinda umuco wo kudahana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!