00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kivu y’Amajyepfo: Ingabo za RDC n’iz’u Burundi zashinjwe kwica abaturage babiri

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 8 June 2026 saa 10:22
Yasuwe :

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryashinje ingabo z’iki gihugu n’iz’u Burundi kugaba ibitero mu basivili batuye muri Teritwari ya Mwenga mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bikica babiri, abandi benshi bagakomereka.

Ibi bitero byagabwe mu gace ka Ilundu muri Gurupoma ya Itombwe ku wa 7 Kamena 2026. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yasobanuye ko byishe umusore w’imyaka 19 witwa Prince Runezerwa Mahiyabo na Kigeri Mazuru.

Kanyuka yatangaje ko umwana w’imyaka 7 witwa Bajeneza Murontsi, uw’imyaka 12 witwa Nzabakiza Osée, Nyirasafari Chantal w’imyaka 29, Nyamahoro Nyankamirwa w’imyaka 54, Cyubahiro Fataki w’imyaka 18 na Tito Murengera w’imyaka 58 bakomeretse bikomeye.

Iri huriro ryagaragaje ko hari undi musivili wakomeretse bikabije ariko ko imyirondoro ye itaramenyekana, kandi ko hari abantu benshi baburiwe irengero, ariko ko ibikorwa byo kubashakisha byakomwe mu nkokora na drones z’ingabo za Leta ya RDC.

Uretse impfu z’aba baturage ndetse n’inkomere, ibitero by’ingabo za Leta ya RDC byanangije ibyumba by’amashuri mu ishuri ribanza rya Ilundu.

Kanyuka yagaragaje ko gukomeza guceceka k’umuryango mpuzamahanga mu gihe abasivili bari kwicwa n’ingabo za Leta ya RDC bifatwa nk’ubufatanyacyaha.

Ingabo za Leta ya RDC ziri kugaba ibitero ku basivili mu bice zitagenzura
Lawrence Kanyuka yibukije amahanga ko guceceka mu gihe abasivili bicwa ari ubufatanyacyaha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages