Amakuru ava muri Kivu y’Amajyepfo avuga ko Col Makelele yirashe ku gicamunsi nyuma yo gutumizwa n’abayobozi bamukuriye, bamukekagaho gukorana n’umwanzi muri iki gihe imirwano yakajije umurego muri iyi ntara.
Ukorera muri sosiyete sivili muri Baraka yatangaje ko ubwo Col Makelele yari kuri hoteli, abasirikare bagerageje kumuta muri yombi ariko arabarwanya, arasa amasasu menshi mbere yo kwirasa hafi y’umuhogo.
Yagize ati "Byatangiriye kuri hoteli. Yanze ko bamufata, arasa amasasu menshi. Nyuma yirasiye hanze ya hoteli ubwo yageragezaga guhunga."
Abasirikare bahise bafata Col Makelele wasaga n’uwapfuye, bamujyana mu bitaro bya Lusambya biherereye mu Mujyi wa Baraka kugira ngo ahabwe ubuvuzi bwihuse.
Kwirasa kwa Col Makelele kugaragaza umwiryane ukomeje gututumba mu Ngabo za RDC mu gihe zihanganiye n’umutwe witwaje intwaro wa MRDP-Twirwaneho muri Komini Minembwe ihuza Teritwari ya Fizi, Mwenga na Uvira.
Urugamba rwo ku wa 8 Kamena rwagoye cyane Ingabo za Leta ya RDC kuko zambuwe Santere ya Mikenke. Guhera mu gicuku cyo ku wa 9 Kamena, zagerageje kuyisubiza ariko biranga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!