00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kivu y’Amajyaruguru: ADF yagabye ibitero bibiri, yica abarenga 10

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 16 July 2026 saa 11:22
Yasuwe :

Umutwe w’iterabwoba wa ADF wagabye ibitero bibiri muri Komini ya Mangina iherereye muri Teritwari ya Beni, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yica abaturage 14.

Tariki ya 14 Nyakanga 2026, abarwanyi ba ADF bagabye igitero mu mudugudu umwe wo muri Mangina, bica abaturage bane barimo abo barashe, abandi babicisha intwaro gakondo.

Ku mugoroba wa tariki ya 15 Nyakanga, abarwanyi ba ADF bongeye gutera abaturage ba Mangina baturutse mu gace ka Makukulu na Malipizo, bica abandi 10, batwika inzu n’indi mitungo irimo moto.

Kakule Vunyatsi uba muri sosiyete sivile ikorera muri Mangina yagize ati “Amasasu yongeye kumvikana saa ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Mangina iri kwibasirwa n’umwanzi, bityo dusaba ingabo guhiga abadutera aho bihishe. Ingabo zikwiye gukora uburinzi kugira ngo zihagarike ubu bwicanyi.”

Sosiyete sivile zigaragara ko imibare yatangajwe y’abiciwe muri Mangina ari iy’agateganyo, bityo ko ishobora kwiyongera kuko hari abaturage bagishakishwa.

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zikurikirana umutekano wo muri RDC zigaragaza ko ADF ari umwe mu mitwe yishe abasivili benshi muri iki gihugu, kuko barenze 1000 mu mwaka ushize.

Uyu mutwe ukorera muri Beni no mu bice byo muri Teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ndetse na Irumu na Mambasa mu Ntara ya Ituri.

Hari inzu ADF yatwitse muri Mangina, zihinduka umuyonga
Icyo ibi byihebe byanyuzeho byagitwitse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages