00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Bongeye kwigaragambya bamagana ikigo cy’Abanyamerika bakekwaho Ebola

Yanditswe na Uwizeyimana Rosette
Kuya 9 June 2026 saa 09:41
Yasuwe :

Abatuye mu Karere ka Nanyuki muri Kenya bongeye kwigaragambya bamagana gahunda yo kubaka mu birindiro by’ingabo bya Laikipia ikigo kizajya cyakira Abanyamerika bakekwaho icyorezo cya Ebola.

Iyi myigaragambyo ikurikiye iyabaye mu cyumweru gishize, aho abaturage bo muri Nanyuki bagerageje kwinjira muri ibi birindiro, babiri bararaswa, bahasiga ubuzima.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Kenya byumvikanye kubaka iki kigo muri Laikipia, Urukiko Rukuru rwa Nairobi ruhagarika by’agateganyo iyi gahunda mu gihe abaturage benshi bari bakomeje kuyamagana.

Amerika yo yasobanuye ko impamvu y’iki cyemezo ari uko muri Kenya ari hafi y’ahibasiwe na Ebola, ndetse no kugira ngo Abanyamerika bashobore kuvurwa mu buryo bwihuse kandi ku gihe.

Amashusho yafashwe na BBC agaragaza ko ibikorwa byo kubaka iki kigo muri Laikipia bikomeje, nubwo hari abavuga ko binyuranyije n’amategeko ya Kenya.

Kuri uyu wa 9 Kamena, amatsinda mato y’abigaragambya yagaragaye muri Nanyuki azunguza amabendera ya Kenya, afite n’ibyapa byanditseho ubutumwa bwamagana gahunda yo kubaka iki kigo.

Umwe mu bigaragambyaga witwa Priscilla yagize ati "Ubutumwa bwanjye ni ubu: Laikipia si ahantu ho kujugunyira ibyo abandi badashaka, kandi ijwi ryacu rigomba kumvikana."

Polisi ya Kenya yakoresheje imyuka iryana mu maso mu guhosha imyigaragambyo yabaye rwagati mu mujyi wa Nanyuki, ndetse hari abavuga ko bumvise n’amasasu araswa.

Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yibasiye cyane RDC. Kugeza ku wa 8 Kamena, byamejwe ko handuye abantu 608 barimo 102 bamaze gupfa. Muri Uganda hagaragaye 19 banduye ariko muri Kenya nta n’umwe urahagaragara.

Abaturage ba Nanyuki ntibashaka ikigo cy'Abanyamerika iwabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages