00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iterambere ry’u Rwanda ryatumye Obinna aha umukoro Abanya-Kenya bagenzi be

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 1 July 2026 saa 11:52
Yasuwe :

Umunyamakuru witwa Oga Obinna, uri no mubakoresha imbuga nkoranyambaga cyane muri Kenya, yasobanuye ukuntu ibyo yabonye mu Rwanda, mu ruzinduko aherutse kuhagirira, byatumye atekereza uburyo abaturage ba Kenya batagira uruhare rwuzuye mu iterambere ry’igihugu cyabo.

Mu mashusho yasangije abamukurikira kuri Instagram, ku wa 29 Kamena 2026, Obinna yavuze ibyo yabonye mu Rwanda byamweretse ko iterambere ritagirwamo uruhare na Leta gusa ahubwo n’abaturage babigiramo uruhare.

Yanashimangiye ko iterambere ry’u Rwanda ari umusaruro w’ubufatanye bw’abayobozi n’abaturage, ibintu atekereza ko Kenya ikirwana no kugeraho.

Yavuze ko abaturage ba Kenya benshi bihutira kwinubira ubuyobozi bwabo ariko bagateshuka kuzuza inshingano zabo zo guteza imbere igihugu cyabo binyuze mu guharanira ituze no kubungabunga umutungo iki gihugu gifite.

Ati “Nkubutse mu Rwanda, kandi nize ibintu bicye. Ariko isomo ry’ingenzi nahigiye ni uko muri Kenya, dukwiye ubuyobozi dufite.

Yifashishije ingero, Obinna yavuze ko yashimishijwe n’ukuntu ibice bitandukanye by’u Rwanda bisa neza, atari mu Murwa Mukuru Kigali gusa, ahubwo ari no mu ntara zitandukanye. Avuga ko abaturage barwo babyitaho nk’inshingano.

Obinna yavuze ko mu Rwanda amategeko y’umuhanda yubahirizwa uko bikwiye bitandukanye no muri Kenya.

Abwira Abanya-Kenya, yagize ati “Nta muyobozi w’ikinyabiziga cyangwa umugenzi n’umwe nahabonye utambara ingofero yabugenewe. Ibyo si ibya Leta gusa, ni iby’ituze ryanyu”.

Yakomeje agira ati “N’ubu tugiye kujya mu yandi matora. Abo bantu bari kwijujuta ubu bazakomeza batore abayobozi kandi bazi ko badakora neza. Bongere bagaruke kwijujuta na none”.

Ibi byakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga aho bamwe bemera ko abaturage ba Kenya bagomba gushyira akabaraga mu kurinda ibyagezweho nk’uko no mu Rwanda bimeze.

Ni mu gihe abandi bo bavuga ko Leta ya Kenya ikwiye kubanza ikongeramo imbaraga mu buyobozi bufite ireme no mu gutanga serivise zinoze ku baturage bayo.

Iterambere ry’u Rwanda ryatumye Obinna aha umukoro Abanya-Kenya bagenzi be

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages