Kuva uwo munsi, imibare y’abo bitangazwa ko banduye iki cyorezo, abo bikekwa ko banduye, abo cyishe yakomeje gutumbagira.
Umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubuzima, OMS, watangaje ko kugeza tariki ya 22 Gicurasi, abo byaketswe ko banduye bageze kuri 750 barimo 177 bapfuye.
OMS yasobanuye ko hari impungenge ko abanduye iki cyorezo n’abo cyishe ari benshi cyane kurusha abo, bitewe n’uko hari imbogamizi mu kugikumira kuko kiri mu bice bifite imiturire icucitse birimo Umujyi wa Bunia, Mongbwalu na Rwampara, kandi ko hari aho bigoye kugera bitewe n’umutekano muke.
Nubwo Ebola iri mu byorezo byica ku muvuduko wo hejuru, bisa n’aho Abanye-Congo batagifiteho amakuru ahagije kuko ntibatinya kwishyingurira abapfuye mu buryo busanzwe, kabone n’iyo baba bagaragazaga ibimenyetso byacyo birimo umuriro mwinshi, kuva amaraso menshi no kuruka.
Tariki ya 21 Gicurasi, abaturage bateye ibitaro bya Rwampara biri kuvurirwamo abarwayi ba Ebola n’abo bakeka ko bayirwaye, bashaka gutwara ku ngufu umurambo w’uwabo wahapfiriye. Abaganga barabyanze, bateza imvururu zikomeye, batwika ibikoresho byaho birimo amahema n’ibitanda.
Muri Ituri no mu bindi bice byo mu Burasirazuba bwa RDC nka Goma, abaganga b’Abanye-Congo, abo mu muryango Croix Rouge na MSF (Médecins Sans Frontières) bari kwita ku barwayi amanywa n’ijoro kugira ngo baramire ubuzima bwabo, abashinzwe umutekano bakababa hafi kugira ngo hatagira ubasagarira.
Ihuriro AFC/M23 ryakajije umutekano w’ahari kuvurirwa abakekwaho Ebola nyuma y’aho tariki ya 17 Gicurasi umurwayi w’iki cyorezo agaragaye mu Mujyi wa Goma. Mu gace ka Kanyaruchinya kari mu majyaruguru, hashyizweho site iri gusuzumirwamo abakoresha umuhanda ujya muri Teritwari ya Rutshuru.
Iki cyorezo cyageze no muri Uganda, ahamaze kwandura abantu batanu barimo batatu baturutse mu Burasirazuba bwa RDC. Umwe muri bo yarapfuye, undi ntakigaragaza ibimenyetso by’iyi ndwara; ibica amarenga ko yaba yaramaze gukira.
Kubera ko iki cyorezo cyageze mu bice byegereye imipaka, u Rwanda rwakajije ibikorwa byo kugikumira, zirimo gusuzuma abantu bose binjirira ku mipaka y’i Rubavu na Rusizi.
Guhera ku wa 22 Gicurasi, nta munyamahanga uheruka muri RDC mu gihe kitarenze iminsi 30 wemerewe kwinjira mu Rwanda. Ku Banyarwanda n’abanyamahanga bafite ibyangombwa byo gutura baherukayo, bazajya babanza gushyirwa mu kato nk’uko amabwiriza y’ubuzima abiteganya.
Hakurya y’inyanja, naho ingamba zo gukumira iki cyorezo zarakajijwe nubwo OMS yagaragaje ko ibyago by’uko cyakwirakwira mu Isi yose ari bike. Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntiziri kwakira abamaze iminsi itarenze 21 bavuye muri RDC na Uganda.
Amerika ni cyo gihugu cyo hanze ya Afurika gifite umwenegihugu wanduye Ebola. Uwo ni Dr. Peter Trafford ukorera umuryango wita ku barwayi mu bitaro bya Nyankunde biri muri Ituri. Uyu muganga yamaze kujyanwa mu bitaro byo mu Budage kugira ngo ahabwe ubuvuzi bwihariye.
Amafoto: Reuters



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!