Hashize ibyumweru bibiri muri Kenya hari umwiryane watewe na gahunda ya Amerika yo kubaka iki kigo mu birindiro by’ingabo zirwanira mu kirere bya Laikipia mu Karere ka Nanyuki.
Urukiko Rukuru rwa Nairobi rwahagaritse by’agateganyo iyi gahunda nyuma y’aho Leta ya Kenya yemeye ko iki kigo cyubakwa, abatuye muri Nanyuki bakora imyigaragambyo yapfiriyemo abantu babiri bashakaga kwinjira muri ibi birindiro.
Ku wa 7 Kamena 2026, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Diana Atwine, yatangaje ko Amerika yagejeje ku gihugu cyabo igitekerezo cyo kubaka iki kigo i Kampala ariko ibihindura itarahabwa igisubizo.
Yagize ati "Byabaye mbere yo kuvugana n’Abanyakenya. Batubwiye ko bagiye gukorana na Kenya, turabihagarika. Ubu nta gahunda dufitanye na bo ijyanye no kuvurira abantu babo hano."
Dr. Atwine yagaragaje ko mu gihe Amerika yakwisubira, igashaka ko Abanyamerika bakekwaho Ebola bajya bavurirwa muri Uganda, igihugu cyabo kitazabyanga kuko impande zombi zifitanye ubufatanye bukomeye.
Ati "Abanyamerika dukorana na bo, ni abafatanyabikorwa bacu bakomeye. Niba hano hari Ebola, tukaba turi kuvura Abanya-Uganda n’Abanye-Congo, ikibazo cyaba kiri hehe kuzana Umunyamerika na we akavurirwa hano?"
Kugeza ku wa 6 Kamena, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hari hamaze kuboneka abantu 515 byemejwe ko banduye Ebola, harimo 91 bapfuye. Muri Uganda habonetse 19 barimo babiri bapfuye, muri Kenya ho ntiharagera iki cyorezo.
Dr. Atwine yatangaje ko Uganda iteganya kohereza abaganga muri RDC kugira ngo bifatanye n’abo muri iki gihugu kurwanya Ebola, bityo ko niba ari uko bakora, badashobora gukumira abantu bakeneye ubufasha bwabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!