00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo guhererekanya imfungwa hagati ya Leta ya RDC na AFC/M23 byaheze he?

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 28 April 2026 saa 12:00
Yasuwe :

Iminsi 10 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 byihaye yo guhererekanya imfungwa 477 yarenze bitarubahirizwa.

Tariki ya 17 Mata 2026, abari bahagarariye impande zombi mu biganiro by’amahoro byaberaga mu Busuwisi banzuye ko mu gihe kitarenze iminsi 10 hazarekurwa imfungwa 311 za AFC/M23 na 166 za Leta ya RDC.

Leta ya RDC na AFC/M23 byagaragaje ko Komite Mpuzamahanga y’umuryango Croix Rouge ari yo yatanze urutonde rw’imfungwa zigomba kurekurwa, hashingiwe ku masezerano yashyizweho umukono tariki ya 14 Nzeri 2025.

Umubyeyi utuye mu Mujyi wa Goma witwa Françoise Kambenga yatangaje ko mu mwaka ushize Leta ya RDC yafunze umuhungu we usanzwe ari umuhanga mu by’ubwubatsi, imushinja gukorana na AFC/M23 kandi bitarigeze bibaho.

Kambenga yatangarije Al Jazeera ati “Bamushinja gukorana na M23. Umuhungu wanjye ntiyigeze akorana na M23. Nizeye ko bazamurekura kubera ko nta gifite ishingiro bamushinja.”

Eric Andizikima yatangaje ko umuvandimwe we wari umumotari na we yafunzwe na Leta ya RDC, imushinja gukorana na AFC/M23, kandi ko azi n’abandi benshi bafungiwe impamvu nk’iyo.

Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, ahamya ko abenshi bafunzwe na Leta ya RDC ari abasivili badafite aho bahuriye n’iri huriro, kandi ko icyo bazira ari ubwoko bwabo n’aho bakomoka.

Aho kurekura imfungwa, Leta ya RDC ikomeje kugaba ibitero mu bice bigenzurwa n’imitwe yitwaje intwaro iri mu ihuriro AFC mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo irimo M23 na MRDP-Twirwaneho.

Ibi bitero bikomeza kwenyegeza umwuka mubi hagati y’impande zombi, bituma icyizere cyo kurekura imfungwa mu gihe cya vuba kiyoyoka.

Eric Nkuba Shebandu ni umwe mu bahoze muri AFC/M23 bafungiwe i Kinshasa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages