00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hatutumbye umwiryane hagati y’abayobozi ba Congo Airways

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 12 September 2026 saa 09:59
Yasuwe :

Sosiyete y’indege ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Congo Airways, iri mu bibazo bikomeye nyuma y’aho abayobozi bayo batangiye gushinjanya imicungire mibi y’umutungo mu gihe abakozi bo batangaje imyigaragambyo kubera imishahara batarishyurwa.

Mu ibaruwa yo ku wa 2 Nzeri 2026, Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Congo Airways, Bertrand Ewanga, yashinje Umuyobozi Mukuru w’iyi sosiyete, Alexandre Mukendi Tshikala, kuyobora nabi ndetse no gukoresha nabi umutungo wayo.

Ewanga yavuze ko mu mezi 20 ubuyobozi bwa Mukendi bumaze, hamaze gukoreshwa arenga miliyoni 23 z’Amadolari ya Amerika ariko nta ndege n’imwe yashoboye kongera gukora ingendo.

Yagaragaje ko hari ibikorwa bitandukanye bitavugwaho rumwe, birimo guhagarika amasezerano na sosiyete yo muri Lithuania yitwa Klasjet, ndetse n’indege Airbus A320 yakodeshejwe na sosiyete yo muri Afurika y’Epfo, Allegencia, ariko ikaba itarigeze itangira gukora nubwo hari hamaze kwishyurwa arenga miliyoni 3 z’Amadolari.

Ewanga yanagaragaje ko hari andi mafaranga arimo ibihumbi 255 by’Amadolari yishyuwe sosiyete International Air Leases ariko ntiyabatiza indege ndetse na miliyoni 1,41 z’Amadolari yahawe sosiyete Jordan Aviation yo muri Jordanie kugira ngo ihe Congo Airways indege ariko ko amaso yaheze mu kirere.

Muri ibi birego, Ewanga yagaragaje ko Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Congo Airways, Pontshi Lobo Mamitsho, yagize uruhare mu mikoreshereze mibi y’uyu mutungo.

Gusa Mukendi yahakanye ibyo ashinjwa, avuga ko ari ibirego bigamije kumuharabika no guhungabanya imikorere ye. Yasabye ko hakorwa igenzura ryigenga kugira ngo ukuri kumenyekane.

Iri hangana ritangiye nyuma y’aho tariki ya 17 Gashyantare 2026 hasohotse raporo ihuriweho yakozwe n’inzego zirimo ikigo gishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari ya Leta n’Urwego rushinzwe ingendo za gisivili.

Iyi raporo yari yagaragaje ko hari ibyemezo byafashwe n’ubuyobozi bwa Congo Airways bitaratekerejweho neza bifite agaciro karenga miliyoni 2 z’amadolari, ndetse n’ibikorwa bitubahirije amategeko agenga amasoko ya Leta.

Ku ruhande rw’abakozi ba Congo Airways, ihuriro ryabo ryatangaje ko guhera tariki ya 10 Nzeri bateganya gukora imyigaragambyo imbere ya za Minisiteri zitandukanye, ku biro bya Minisitiri w’Intebe no ku ngoro y’Umukuru w’Igihugu, basaba gusaba imishahara y’amezi 28 batahawe.

Abakozi bavuga ko muri ayo mezi harimo 14 yo ku buyobozi bwa Mukendi, banenga ko gahunda yo gusubukura ibikorwa by’indege za Congo Airways bitigeze igira umusaruro ufatika.

Ibibazo bya Congo Airways imaze igihe idakora byenyegejwe n'umwiryane w'abayobozi bayo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages