00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FDLR yongeye kuvugwa mu mirwano nyuma yo kugirana amasezerano na Leta ya RDC

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 August 2026 saa 07:18
Yasuwe :

Umutwe w’iterabwoba wa FDLR wongeye kuvugwa mu mirwano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kugirana n’ubutegetsi bw’iki gihugu amasezerano yo kurambika intwaro no gusubizwa mu buzima busanzwe.

Iyi mirwano yabereye mu bice byo muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo birimo Chambombo, Cyangugu, Kaziba de Rumbishi, Kwisimbi na Gafufura yatangiye mu rukerera rwo kuri uyu wa 11 Kanama 2026.

Ihanganishije ihuriro AFC/M23 n’ingabo za RDC zifatanyije na FDLR, ingabo z’u Burundi, imitwe ya Wazalendo ikorera muri Kivu y’Amajyepfo n’abacanshuro b’abanyamahanga. Impande zihanganye zakoresheje intwaro nto n’iziremereye.

AFC/M23 yemeje ko hari abaturage bakomerekeye muri iyi mirwano n’abapfuye, abandi bava mu ngo zabo, bahungira mu bice bitekanye.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yagize ati "Ibi bisasu byateje impfu n’inkomere mu baturage b’abasivili, byangiza imitungo yabo, bituma imiryango myinshi iva mu ngo zayo, bizambya kurushaho ikibazo cy’ubutabazi cyari gisanzweho."

AFC/M23 yamenyesheje umuryango mpuzamahanga ko ifite inshingano yo gukomeza kurinda no kurwanirira abasivili no gufata ingamba za ngombwa zo kubungabunga umutekano wabo mu gihe imitwe y’ingabo za Leta ya RDC ikomeje kugaba ibitero mu bice igenzura.

Umutwe wa FDLR wifatanyije n'indi mitwe y'ingabo za Leta ya RDC, igaba ibitero kuri AFC/M23

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages