00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Fayulu abona Kabila na Nangaa nk’inkingi zidakwiye guhezwa mu biganiro by’Abanye-Congo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 18 August 2026 saa 08:46
Yasuwe :

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yavuze ko Joseph Kabila na Corneille Nangaa ari abantu bakoreye igihugu badakwiye kubura mu biganiro by’Abanye-Congo biteganywa na Perezida Félix Tshisekedi.

Fayulu uyobora ihuriro Lamuka yabivugiye i Paris mu Bufaransa, ashimangira ko we n’aba banyapolitiki bafite uruhare rukomeye mu mateka ya politiki ya RDC, bityo bakwiye kwitabira ibiganiro bigamije gushakira igihugu cyabo ibisubizo.

Kabila yayoboye RDC kuva mu 2001 kugeza mu 2019, mu gihe Nangaa yigeze kuyobora Komisiyo y’Amatora, CENI, mbere yo kujya ku buyobozi bwa AFC/M23.

Fayulu yavuze ko Leta ya Kinshasa ishinja Kabila gushyigikira no gutera inkunga AFC/M23, ibyo bikaba ari byo bikwiye gutuma yitabira ibiganiro akagaragaza uko yumva ibibazo by’igihugu cyabo byakemuka.

Ati “Kabila yayoboye iki gihugu. Icyo yaba ari cyo ubu ntacyo kivuze, ariko arahari. Bavuze ko ari we uha intwaro kandi agatera inkunga AFC/M23; agomba kuza akatubwira impamvu abikora n’ikibazo gihari.”

Yavuze ko Nangaa na we agomba kwitabira ibi biganiro agasobanura impamvu yafashe intwaro, agaragaza ko ibibazo by’Abanye-Congo bikwiye gukemurwa hagati n’Abanye-Congo.

Leta ya RDC yagaragaje kenshi ko idashaka ko Kabila na Nangaa bitabira ibiganiro by’Abanye-Congo, ibashinja kurwanya ubutegetsi bakoresheje intwaro.

Perezida Tshisekedi aherutse gutangaza ko azageza ijambo ku baturage, agasobanura imiterere n’uburyo ibiganiro by’Abanye-Congo bizakorwamo, avuga ko agamije kubaka ubumwe bw’Abanye-Congo.

Martin Fayulu yavuze ko Joseph Kabila na Corneille Nangaa bakwiye guhabwa urubuga, bakagaragaza ibibazo bafite

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages