00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ebola yugarije RDC ishobora kuba yaraturutse ku nyamaswa

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 13 August 2026 saa 09:00
Yasuwe :

Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo cyugarije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gishobora kuba cyarageze mu bantu kivuye mu nyamaswa, aho gukomoka ku bundi bwoko bw’iki cyorezo.

Ubu bushakashatsi bwasohotse mu kinyamakuru Nature Medicine ku wa 10 Kanama 2026, bwakozwe n’abahanga bo muri RDC, Uganda, u Bubiligi n’ahandi.

Basesenguye imiterere y’uturemangingo tw’uruhererekane twa virusi 22 twakuwe mu barwayi ba Ebola muri RDC na Uganda.

Basanze ubwoko bwa Bundibugyo bwateye iki cyorezo butandukanye n’ubwari bwagaragaye mu cyorezo cyibasiye Uganda kuva mu 2007 kugeza mu 2008 no muri RDC mu 2012.

Abashakashatsi babishingiyeho bagaragaza ko bishoboka ubu bwandu bushya bwaturutse ku nyamaswa, nyuma bugatangira gukwirakwira mu bantu.

Gusa abashakashatsi ntibashoboye kumenya ubwoko bw’inyamaswa yaba yarabaye inkomoko y’iki cyorezo. Basabye ko hashyirwa imbaraga mu gukurikirana imiterere yacyo kugira ngo ibyorezo nk’iki bijye bitahurwa hakiri kare.

Icyorezo cyatangajwe muri RDC ku wa 15 Gicurasi 2026. Nyuma y’iminsi ibiri, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima (OMS) ryakigize ikibazo cy’ubuzima gihangayikishije Isi.

Ikigo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gishinzwe ubuzima rusange (INSP) cyatangaje ko kugeza ku wa 11 Kanama, muri iki gihugu hari hamaze kubarurwa abantu 4.566 banduye iki cyorezo barimo 2.128 bapfuye.

Kugeza ubu nta rukingo cyangwa umuti biraboneka by’iki cyorezo ariko hari gukorwa igerageza riyobowe na OMS.

Abashakashatsi bagaragaje ko Ebola yugarije RDC ishobora kuba yaravuye mu nyamaswa, igahita yinjira mu bantu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages