00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dr. Besigye yakemanze ubushobozi bw’abavoka ba Leta yahawe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 July 2026 saa 07:17
Yasuwe :

Dr. Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yanze gutoranya abanyamategeko bashobora kumwunganira ku rutonde rw’abunganizi 786 yahawe n’urukiko, avuga ko adafite amakuru ahagije yatuma amenya ubushobozi bwabo.

Mu iburanisha ryo ku wa 15 Nyakanga, Dr. Besigye yabwiye Urukiko Rukuru ko acyifuza kunganirwa n’abunganizi yahaye akazi.

Iyi ngingo ni yo yibanzweho ubwo urubanza rwa Dr. Besigye na mugenzi we Hajji Obeid Lutale rwakomerezwaga mu Rukiko Rukuru i Kampala, imbere y’Umucamanza Emmanuel Baguma. Umucamanza yari yasabye Dr. Besigye kumenyesha niba yarahisemo umwunganizi mu rutonde rw’abanyamategeko rwari rwatanzwe n’Urukiko nyuma y’uko iburanisha ryari ryaratinze kubera impaka ku bijyanye n’ubwunganizi.

Dr. Besigye yavuze ko urutonde rw’abanyamategeko 786 yahawe ari rurerure cyane kandi ko amakuru aruriho atari ahagije kugira ngo ahitemo umuntu uzamuhagararira.

Ati “Nahawe urutonde Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba w’ejo [ku wa 14 Nyakanga]. Ni urutonde runini rugizwe n’abunganizi 786, kandi ndasaba ubuyobozi bw’urukiko ku buryo bwiza bwo guhitamo, mu gihe ibibazo bijyanye n’ubwunganizi bwacu bitarakemuka.”

Yongeyeho ko urubanza aregwamo rukomeye kandi rugoye, ku buryo adashobora guhitamo umwunganizi ashingiye gusa ku mazina cyangwa imyaka amaze mu mwuga.

Ati “Urukiko ruzi neza ko ibyo birego duhura na byo bikomeye kandi bigoye, birimo ibintu bivugwa ko byabereye mu bihugu bine. Ibimenyetso byinshi dushinjwa bishingiye ku ikoranabuhanga no ku buryo bwa gihanga.”

Dr. Besigye yavuze ko amakuru yatanzwe n’umwanditsi w’urukiko agaragaza amazina y’abanyamategeko, imyaka bamaze biyandikishije mu mwuga, aho bakorera ndetse na nimero za telefoni gusa, ariko ko atagaragaza ubushobozi bwabo. Ati “Ibi ntibigaragaza ubushobozi bwabo.”

Yashimangiye ko we na Lutale bagishaka gukomeza guhagararirwa n’abanyamategeko bari barahisemo mbere, avuga ko bizeye ubushobozi bwabo.

Dr. Besigye kandi yavuze ko guhabwa abanyamategeko ba Leta kandi we na Lutale bafite ubushobozi bwo kwiyishyurira abo bahisemo byaba ari umutwaro udakwiye ku baturage ba Uganda.

Ati “Byaba ari akarengane ku baturage ba Uganda kwishyura amafaranga y’abunganizi bacu kandi dushoboye kandi twiteguye kwiyishyurira abo twihitiyemo, cyane cyane muri ibi bihe bikomeye aho abantu bicwa n’inzara.”

Dr. Besigye na Lutale bahakana ibirego by’ubugambanyi no gushaka guhirika ubutegetsi bwa Uganda, bivugwa ko byabaye hagati ya 2003 na Ugushyingo 2024. Urubanza rwabo rwimuriwe mu Rukiko Rukuru nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga kivuga ko abasivili badakwiye kuburanishwa n’inkiko za gisirikare.

Dr Kiiza Besigye yakemanze ubushobozi bw'abavoka ba Leta, yemeza ko ashoboye kwiyishyira abe yizeye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages