00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yishimiye intambwe AFC/M23 na RDC byateye

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 19 April 2026 saa 06:35
Yasuwe :

Umujyanama wihariye ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ubufatanye na Afurika, Massad Boulos, yagaragaje ko igihugu cye cyishimira intambwe yatewe hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro rya AFC/M23, igamije kurangiza intambara mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.

Yavugaga ku byavuye mu biganiro byahuje AFC/M23 na RDC mu Busuwisi, guhera ku wa 13 kugeza ku wa 17 Mata 2026.

Massad Boulos yagaragaje ko bishimiye kuba intumwa za RDC na AFC/M23 byagize ibyo byemeranyaho hagamijwe guteza imbere ibikorwa by’ubutabazi, gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge, no kurekura imfungwa, mu rwego rwo kugabanya amakimbirane mu Burasirazuba bwa RDC.

Ati “Ibikorwa bifatika bishobora gutuma ubutabazi bukenewe bugera ku baturage, ndetse bikihutisha amahoro n’iterambere rirambye mu Karere.”

Yakomeje ati “Birashimishije kubona iyi ntambwe imaze guterwa, kandi dutegereje kubona vuba amasezerano ku zindi ngingo mu gukomeza inzira y’amahoro.”

Yanashimiye abafatanyabikorwa bafashije mu kugera kuri ubwo bwumvikane hagati y’impande zombi barimo Qatar, u Busuwisi, Togo, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ndetse na MONUSCO, ICGLR, EVJM, UN OCHA na ICRC, n’abandi benshi bagize uruhare mu gushyigikira ibyo biganiro.

RDC yemereye abahuza hagati yayo n’Ihuriro rya AFC/M23 ko itazongera kwica abasivile, amatungo yabo no kwibasira ibice bikorerwamo ibikorwa birimo ubuhinzi.

Leta ya RDC na AFC/M23 byemeranyije kandi guhagarika ibitero, guhagarika ibyo kurimbura no kwangiza n’ibikorwa bigamije kubuza amahwemo abasivile, harimo ibijyanye n’ibiribwa, ibikorwa by’ubuhinzi, ibihingwa biri mu mirima, amatungo, amazi meza ibikorwa byo kuhira n’ibikorwaremezo birimo nk’iby’itumanaho, serivisi zijyanye n’ingufu, ibitaro n’amashuri.

Abahagarariye impande zombi kandi bemeranyije ko ibikorwa by’ubutabazi bitagarukira gusa ku biribwa, imirire, ubuvuzi, amazi, isuku n’isukura n’aho kuba, ahubwo ko bigomba kujyana no gucungira umutekano abasivile.

Muri ibi biganiro byahuje impande zombi, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 byumvikanye kurekura imfungwa zirenga 400 mu minsi 10 iri imbere no kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge mu gihe kitarenze icyumweru.

Biteganyijwe ko Leta ya RDC izarekura imfungwa 311 za AFC/M23, iri huriro na ryo rirekure imfungwa 166 za Leta, ibyo bikazakorwa mu rwego rwo kongera icyizere hagati y’impande zombi.

Massad Boulos yagaragaje ko Amerika yishimira intambwe Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byateye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages