00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muri Kenya hashobora gushingwa ikigo cyakira Abanyamerika bari mu kato ka Ebola

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 27 May 2026 saa 08:59
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziteganya gushyira muri Kenya ikigo kizajya cyakira Abanyamerika banduye icyorezo cya Ebola cyangwa bakekwaho kucyandura, baheruka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyangwa mu bindi bihugu by’akarere.

Ikinyamakuru The Wall Street Journal cyatangaje ko abakora mu nzego z’ubuzima muri Amerika bahawe ubutumwa bubateguza ko bashobora koherezwa muri Kenya, bakajya bita ku Banyamerika bagaragaza ibimenyetso bya Ebola mu gihe bari mu kato.

Kugeza ku wa 26 Gicurasi 2026, Leta ya Kenya ntiyari yagatanze igisubizo ku cyifuzo cya Amerika cyo gushinga iki kigo i Nairobi.

Umuganga Dr. Peter Trafford wakoreraga mu Ntara ya Ituri muri RDC ni we Munyamerika byemejwe ko yanduye Ebola. Bikimara kumenyekana, yakuwe muri Afurika bwangu, ajyanwa mu bitaro bya Charité mu Budage.

Abahuye na Dr. Trafford na bo bakuwe muri RDC, bajyanwa mu kato mu Budage kugira ngo bitabweho byihariye. Amerika yasobanuye ko impamvu bajyanywe i Burayi ari uko ari ho hafi hari ibitaro byabafasha.

Nyuma y’aho mu cyumweru gishize Amerika itangaje ko abaturuka muri RDC, Uganda na Sudani y’Epfo batemerewe kuyinjiramo mu gihe cy’iminsi 21, iri kurushaho gukaza ingamba zo gukumira iki cyorezo.

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri Amerika yakoze urutonde rw’ibibuga by’indege bizajya byakira abaturutse mu karere ka Afurika yo hagati kugira ngo basuzumwe Ebola mu gihe baba bagaragaza ibimenyetso by’iki cyorezo.

Ibi bibuga by’indege birimo icya JFK kiri i New York, icya Dulles kiri i Washington D.C, Hartsfield-Jackson i Atlanta muri Leta ya Georgia n’icya George Bush kiri mu Mujyi wa Houston muri Leta ya Texas.

Ku wa 26 Gicurasi, Umuyobozi w’agateganyo w’ikigo cya Amerika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (CDC), Dr. Jay Bhattacharya, yandikiye abakozi b’iki kigo ‘email’ ibasaba gutoranya amatsinda y’abantu bazajya basuzuma ubuzima bw’abaturuka mu karere.

Mu bakozi bakenewe kuri ibi bibuga by’indege harimo abajyanama mu by’ubuzima ndetse n’inzobere mu gutanga ubutabazi bwihuse. Bazajya bakurikirana abagenzi barwaye, basuzume umuriro bafite, aho bizaba ngombwa babohereze mu bitaro.

Minisiteri y’Ubuzima muri RDC yatangaje ko kugeza tariki ya 24 Gicurasi, abantu 906 ari bo bikekwa ko bamaze kwandura Ebola, barimo 221 byaketswe ko bishwe n’iki cyorezo. Muri Uganda, hamaze kwandura barindwi barimo Umunye-Congo wapfuye.

Ku wa 26 Gicurasi, umuryango IRC ushinzwe ubutabazi watangaje ko Ebola iri gukwirakwira byihuse kurusha imbaraga ziri gushyirwa mu kuyikumira, kandi ko amahanga natifatanya mu kuyikumira izatwara ubuzima bwa benshi cyane.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya IRC muri RDC, Heather Kerr, yasobanuye ko Ebola itakiri gusa mu bice byitaruye byo mu Ntara ya Ituri, ahubwo ko yageze no mu bindi bice bituwe cyane birimo imijyi.

Amerika ishaka ko ikigo izashyira muri Kenya cyazajya kijyamo Abanyamerika bagaragaza ibimenyetso bya Ebola
Amerika ifite impungenge ko Abanyamerika bandura Ebola biyongera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages