U Burundi buracyagendera ku moko mu kugena imyanya imwe n’imwe yo mu nzego z’igihugu. Nko mu Nteko Ishinga Amategeko, hari imyanya igenerwa Abatwa.
Ku wa 27 Gicurasi 2026, Ngoga usigaye akorera mu Ishami ry’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe rishinzwe politiki, amahoro n’umutekano, yagaragaje ko bidasanzwe ko igihugu kiyobora uyu muryango kigaragaramo iki kibazo.
Yagize ati “Ikibabaje mu Burundi, ahari ndibeshya, ariko hari ivangura rikorerwa Abatutsi. Igihugu kiyobora AU. Kwemera uku kuri ni ingenzi niba dushaka gushyira imbere ubutabera, ubwiyunge n’agaciro ka bose.”
Uyu mudipolomate yatangaje ko yiteze ko Abarundi bamutuka kubera uku kuri, ariko ko na bo babizi ko iki kibazo cyugarije igihugu cyabo.
Ati “Kwemera no gukemura ivangura ryose ni ingenzi mu kubaka amahoro arambye n’imibanire myiza y’abaturage.”
Ambasaderi w’u Burundi muri AU, muri Ethiopia no mu bindi bihugu bihana imbibi, Willy Nyamitwe, yababajwe n’ubutumwa bwa Fred Ngoga, amubwira ko ibyo yatangaje bitarimo ubunyamwuga kandi biteza impaka.
Nyamitwe yagize ati “Wongeye gutuka igihugu cyacu dukunda, wifashishije ibitutsi bikomeye kandi bidashingiye ku kuri.”
Mu mwaka ushize, aba bombi bahanganiye ku mbuga nkoranyambaga, bapfa kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner, yaratangaje ko mu Burundi habaye Jenoside yakorewe Abahutu mu 1994.
Icyo gihe, Ambasaderi Ngoga yavuze ko Abahutu bo mu Burundi batari gukorerwa Jenoside mu 1994 kandi icyo gihe iki gihugu cyarayoborwaga na Perezida w’Umuhutu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!