Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko mu rugamba rwabereye mu bice byo muri Minembwe no hafi yaho nka Point-Zéro, bahabonye abarwanyi ba FDLR bari baragiye kwica abasivili b’Abanye-Congo.
Kanyuka yasobanuye ko nyuma y’aho AFC/M23 yirukanye ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryagenzuraga ibi bice, FDLR iribarizwamo yahungiye mu majyepfo muri Baraka na Fizi, ihashinga ibirindiro.
Yagize ati “Twababonye hariya Minembwe, twababonye muri Point-Zéro, twabakuye hano i Goma, bajya kwica muri Minembwe, none bagiye gukomeza kwica muri Baraka na Fizi. Aho ni ho bashyize icyicaro gikuru cyabo kugira ngo bice abavandimwe bacu.”
AFC/M23 yashinje uburegetsi bwa RDC gukomeza guha ubufasha umutwe wa FDLR kandi wica Abanye-Congo.
Kanyuka yagaragaje ko AFC/M23 ifite uburenganzira n’ubushobozi bwo kurengera abasivili, igashyiraho umwanya uhagije wo kubarindiramo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!