00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AFC/M23 n’ingabo za Leta ya RDC bihanganiye i Masisi na Point-Zéro

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 15 September 2026 saa 03:14
Yasuwe :

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe bikorana byagabye ibitero mu bice bituwe cyane muri Teritwari ya Masisi no muri Point-Zéro hafi ya Komini Minembwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ibi bitero byagabwe mu gitondo cyo kuri uyu wa 15 Nzeri 2026, biteza impfu, abaturage benshi bava mu byabo bashaka ahatekanye.

Kanyuka yavuze ko igitero cya mbere cyagabwe saa mbiri n’igice, imindi gikurikiraho saa tatu n’igice, kandi ko byombi byagabwe mu gace ka Ntekomiko na Kareta muri Masisi.

Yatangaje ko ahagana saa tanu n’igice, ingabo za Leta ya RDC zagabye ikindi gitero mu gace ka Point Zéro, hifashishijwe ingabo zirwanira ku butaka.

Ati “Ubu ingabo za AFC/M23 zikomeje kurinda no kurwanirira abaturage.”

Iyi mirwano iri kuba mu gihe impande zombi zari zaremeranyije kubahiriza agahenge, zikanashyiraho urwego ruhuriweho rwo kugenzura uko kubahirizwa.

Abarwanyi ba AFC/M23 babyutse bahanganiye n'ingabo za Leta ya RDC muri Masisi na Point-Zéro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages