00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AFC/M23 ikomeje kwagura ibirindiro yerekeza mu mujyi wa Uvira

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 8 December 2025 saa 02:04
Yasuwe :

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikomeje kwagura ibirindiro byaryo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ryerekeza mu Mujyi wa Uvira.

Kuri uyu wa 8 Ukuboza 2025, abarwanyi ba AFC/M23 bambuye ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC uduce two muri Teritwari ya Uvira turimo santere ya Nyakabere na Sange.

Mbere yo gufata Nyakabere, AFC/M23 yabanje gufata Bwegera, Luberizi, Luvungi, Rurambo na Katogota, iturutse muri Santere ya Kamanyola imaze amezi 10 igenzura. Iri kunyura mu muhanda munini wa RN5 ugera mu Mujyi wa Uvira.

AFC/M23 iri kurwana imanuka, bisa n’aho ifite intego yo gufata vuba Umujyi wa Uvira uherereyemo ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo bwashyizweho na Leta ya RDC. Sange iri mu bilometero 30 ugana muri uyu mujyi.

Kugira ngo AFC/M23 ifate umujyi wa Uvira ivuye muri Sange, isabwa gufata ibindi bice by’ingenzi birimo Santere ya Runingo n’iya Kiliba, na zo ziri muri iyi teritwari. Ni urugendo rw’ibilometero 30.

Uru rugamba rwabanje kugorana mu ntangiriro z’icyumweru gishize bitewe n’ibisasu byinshi byaraswaga muri Kamanyola, ubu rwahinduye isura kuko abarwanyi ba AFC/M23 bari kugendera ku muvuduko udasanzwe.

Ingabo za RDC zatangiye gusubiranamo n’imitwe ya Wazalendo bisanzwe bikorana, bitewe n’intege nke zikomeje kugaragaza ku rugamba. Ibi bituma kumenya uruhande ruyobora urundi bigorana.

Ku wa 7 Ukuboza 2025, Sange yagenzurwaga n’ihuriro rishyigikiwe n’ubutegetsi bwa RDC. Ingabo z’iki gihugu zashatse guhungana intwaro, zerekeza mu Mujyi wa Uvira, imitwe ya Wazalendo irazihagarika, izisaba gusiga intwaro.

Ubwo Ingabo za RDC zangaga icyifuzo cya Wazalendo, habaye imirwano ikomeye yinjiyemo n’ingabo z’u Burundi. Hapfuye abantu 36 barimo abasivili n’abasirikare, abandi barenga 20 barakomereka.

Imitwe ya Wazalendo imenyereweho kurenga ku mabwiriza ihabwa n’ubuyobozi bw’Ingabo za Leta ya RDC yatangiye gushinja ingabo za Leta gukorana na AFC/M23 kuko ntiyumva uburyo ibice byinshi biri gufatwa byihuse.

Abarwanyi ba AFC/M23 bari mu ntera y'ibilometero 30 bajya mu Mujyi wa Uvira
Kugira ngo AFC/M23 igere mu Mujyi wa Uvira, isabwa kubanza gufata Runingo na Kiliba
Mu ntangiriro z'icyumweru gishize, AFC/M23 yari muri Kamanyola

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages