Tariki 20 Kanama ni umunsi wa magana abiri na mirongo itatu n’itatu, hasigaye iminsi ijana na mirongo itatu n’ine uyu mwaka ukagera ku musozo.
Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
1955: Muri Maroc ingabo z’umutwe w’Ababeriberi (Berbers) bari bavuye mu misozi ya Atlas yo muri Algerie zigaba ibitero mu midugudu yo muri Maroc zivugana Abafaransa 77.
1960: Senegal yitandukanyije na Mali, ihita itangaza ubwigenge bwayo.
1988: Mu ntambara ya Iran na Iraq hashyizwe umukono ku masezerano yo guhagarika intambara yari imaze imyaka umunani iri hagati y’ibihugu byombi.
1991: Hasenyutse icyahoze ari Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete izwi cyane nka URSS, uwo munsi abantu barenga ibihumbi ijana bahuriye imbere y’ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya URSS bigaragambya basaba kwegura kwa Perezida Mikhail Gorbachev.
1991: Estonia yari yarometswe kuri Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete nyuma y’imyaka mirongo ine yafashe umwanzuro wo kwiyomora ihita itangaza ubwigenge bwayo.
1977: Muri Algerie habaye ubwicanyi bwiswe Souhane massacre, ubu bwicanyi bwaguyemo abanu 60 abandi 15 barakomereka.
2002: Itsinda ry’Abanya-Irak barwanyaga ubutegetsi bwa Saddam Hussein bigaruriye ambasade ya Iraq mu Budage mu Mujyi wa Berlin, bamaze igihe kigera ku masaha atanu babigenzura nyuma basubiza ibyo bari bafatiriye byose.
2008: Indege ya Spanair Flight 5022, yari ivuye muri Espagne mu Mujyi wa Madrid yerekeza ahitwa Gran Canaria mu kirwa cya Canary ku kibuga cy’indege cya Barajas.
Iyi mpanuka yahitanye abantu 146 harokoka 18 mu bantu bari bayirimo.
Bamwe mu bavutse uyu munsi
1833: Benjamin Harrison wabaye Perezida wa 23 ku rutonde rw’abayoboye Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
1941: Slobodan Milošević, wabaye Perezida wa Serbia na Yugoslavia. Yayoboye Serbia kuva mu mwaka wa 1989 kugera mu 1997 ndetse ayobora Repubulika Yunze Ubumwe ya Yugoslavia (Federal Republic of Yugoslavia) kuva mu 1997 kugera mu 2000.
Bamwe mu batabarutse uyu munsi
1993: Bernard Delfgaauw, Umufilozofe wo mu Budage.
2007: Larry Hartsell, Umunyamerika wari umuhanga mu bijyanye n’imikino njyarugamba, yabaye umurinzi w’abantu ndetse n’umwarimu w’imikino njyarugamba.
Azwi cyane kubera ko yabaye umwe mu banyeshuri beza ba Bruce Lee.



















TANGA IGITEKEREZO