Turi ku wa 8 Nyakanga 2026.
Ni Umunsi Mpuzamahanga wo Kwita ku Buzima bw’Uruhu.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
1993: Hashinzwe Radiyo ya RTLM yagize uruhare rukomeye mu gushishikariza Abahutu kwica Abatutsi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
2016: Perezida Kagame yatashye inyubako ya Kigali Convention Centre.
2023: Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda barenga 300 baba muri Mali, bakoze igitaramo cyo kwizihiza imyaka 29 yari ishize u Rwanda rubohowe n’Ingabo za RPA zari zishamikiye kuri FPR-Inkotanyi.
1966: Umwami w’u Burundi, Mwambutsa IV yahiritswe ku ngoma n’umuhungu we Charles Ndizeye afata izina rya Ntare V.
2014: Mu mikino ya 1/2 y’Igikombe cy’Isi, Brésil yatsinzwe uruhenu n’u Budage ibitego 7-1.
Mu muziki
2023: Burna Boy yabaye Umunyafurika wa mbere ukoze amateka yo kugurisha amatike agashira ku isoko mu bataramiye muri Stade zo muri Amerika, aho yagurishije amatike 41.800 yo kwinjira muri stade ya Citi Field muri Leta ya New York.
Abavutse
1991: Havutse Virgil van Dijk, myugariro wa Liverpool mu Bwongereza n’Ikipe y’Igihugu y’u Buholandi.
1998: Havutse Jaden Smith, umuhungu wa Will Smith bombi bahuriye ku kuba abaraperi no gukina filimi.
Abapfuye
1994: Kim Il Sung wayoboye Koreya y’Amajyaruguru.
2007: Chandra Shekhar wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!