Tariki ya 8 Nyakanga ni umunsi wa 189 w’umwaka; ubura iminsi 176 ngo urangire.
Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
951 : Nibwo Umujyi wa Lutèce mu Bufaransa wahinduye izina witwa Paris.kugeza ubu.
1859 : Charles XV yabaye Umwami wa Suwede na Norvège afata izina rya Charles IV.
1862 : I Washington muri Amerika hashyizweho itegeko ryabuzaga gushaka abagore n’abagabo barenze umwe.
1876 : Abahezanguni b’abazungu bangaga urunuka abirabura, barashe 5 bari bahuriye mu ishyaka ry’Abarepubulika i Hamburg mu Budage
1962 : Mu Bufaransa habaye misa yahariwe amahoro muri iki gihugu yabereye muri Katederale ya Reims.
1966 : Umwami Mwambutsa IV w’u Burundi yahiritswe n’umuhungu we Charles Ndizi.
1982: Muri Iraki hapfubye umugambi wo guhitana Perezida Saddam Hussein i Dujail.
1986 : Muri Tuniziya Perezida Habib Bourguiba yahiritswe na Minisitiri w’Intebe we Mohamed Mzali.
1990 :Ubudage bwatwaye igikombe cy’Isi cyari cyabereye mu Butaliyani
1993 : Radiyo RTLM, (Radio Television des Mille Collines) yatangije ibiganiro byayo.
1994 : Kim Jong-il yabaye Perezida wa Koreya ya Ruguru asimbuye se Kim Il-sung wari wapfuye.
1996 : Umugabo wari ufite ikibazo cyo mu mutwe yinjiye mu ishuli ribanza rya Wolverhampton, mu Bwongereza akomeretsa abana 4 n’abarimu 4.
1999: Muri Leta ya Florida muri Amerika nibwo Allen Lee Davis yabaye umuntu wa nyuma wahawe igihano cy’urupfu rwo ku ntebe y’amashanyarazi.
Bimwe mu bihangange byavutse kuri iyi tariki
1621 : Jean de La Fontaine, umusizi w’inkuru n’imigani bishingiye ku nyamaswa bigamije kwigisha. Akomoka mu Bufaransa.
1984 : Youssef Sofiane, umukinnyi wa football ukomoka muri Alijeriya
1986 : Kaiane Aldorino, wabaye Nyampinga Gibraltar muri 2009, nyuma akaba na nyampinga w’Isi muri 2009.
Bimwe mu bihangange byatabarutse kuri iyi tariki
975 : Edgar, umwami w’u Bwongereza
1623 : Papa Grégoire XV
1916 : Augustin Cochin, umunyamateka n’umufilozofe ukomoka mu Bufaransa
1994 : Kim Il Sung, Perezida wa Koreya ya Ruguru kuva mu 1948
2007 : Carlos Adriano de Jesus Soares, umukinnyi wa football ukomoka muri Brezil na Chandra Shekhar, Minisitiri w’intebe mu Buhinde kuva mu 1990 kugeza 1991
2011 : Betty Ford, umugore wa Gerald Ford wabaye Perezida wa Amerika

TANGA IGITEKEREZO