Turi ku wa 7 Kanama 2026.
Ni umunsi wa 219 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 146 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
1960: Côte d’Ivoire yabonye ubwigenge yogobotoye ubukoloni bw’u Bufaransa.
1995: Guverinoma ya Chili yatangaje ibihe bidasanzwe mu majyepfo y’igihugu bitewe n’ubukonje bwinshi, umuyaga imvura n’urubura byari byibasiye icyo gice.
1998: Ibiro by’ambasade za Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Tanzania na Kenya byagabweho ibitero by’Abiyahuzi bihitana abantu 212.
2008: Georgie yagabye ibitero bya gisirikare ku Burusiya mu ntambara yiswe South Ossetia War.
Mu muziki
2024: Taylor Swift yahagaritse ibitaramo bitatu yari gukorera mu mujyi wa Vienne muri Autriche bitewe n’impungenge z’uko umutekano washoboraga guhungabanywa.
Abavutse
1966: Jimmy Wales uri mu bashinze urubuga rwa Wikipedia.
1989: I Bujumbura mu Burundi havukiye umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi cyane nka Meddy aho uyu munsi yujuje imyaka 37.
Abapfuye
1987: Camille Chamoun wabaye perezida wa Liban.
2019: David Berman, umunyamuziki w’umunyamerika wanakoraga za cartoons.


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!