Turi ku wa 4 Kanama 2026.
Ni umunsi wa 216 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 149 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
1993: I Arusha muri Tanzaniya, hashyizwe umukono ku masezerano y’amahoro hagati ya leta ya Habyarimana na FPR-Inkotanyi.
2017: Habaye Amatora Rusange ya Perezida wa Repubulika, yarangiye Paul Kagame yegukanye intsinzi.
1983: Jean-Baptiste Ouédraogo wayoboraga Reoubulika ya Upper Volta (Burkina Faso y’ubu), yahiritswe ku butegetsi na Captain Thomas Sankara.
1984: Repubulika ya Upper Volta yahinduriwe izina yitwa Burkina Faso.
Mu muziki
2023: Abagize Itorero Inganzo Ngari, bakoreye igitaramo gikomeye cy’Umuganura muri Camp Kigali, igitaramo cyitabiriwe n’abantu benshi.
Abavutse
1905: Abeid Karume wabaye perezida wa mbere wa Zanzibar.
1954: Havutse Dafroza Mukarumongi Gauthier uzwi mu muryango ushakisha abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bihishe mu Bufaransa, CPCR, igikorwa akunze gufatanyamo n’umugabo we, Alain Gauthier.
1961: Barack Obama wabaye perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho uyu munsi yujuje imyaka 64.
Abapfuye
1957: Washington Luís wayoboye Brésil.
2003: Frederick Chapman Robbins, umuganga w’Umunyamerika wavuraga indwara z’abana aho yanabiherewe igihembo cyitiriwe Nobel.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!