Turi ku wa 24 Gicurasi 2026.
Ni Umunsi Mpuzamahanga w’Abavandimwe b’abahungu uzwi nka Brother’s Day.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
1993: Eritrea yabonye ubwigenge ireka kugengwa na Ethiopie.
1994: Abagabo bane bahamijwe icyaha cyo kugaba ibitero ku nyubako ya World Trade Center mu 1993 bahanishwa igifungo cy’imyaka 240 kuri buri umwe.
2019: Abanyeshuri 22 bishwe n’inkongi y’umuriro mu Buhinde.
2019: Theresa May yatangaje ko yeguye ku mwanya w’Umuyobozi w’Ishyaka ry’Aba-Conservateur kubera igitutu cyo kwikura k’u Bwongereza mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi.
2022: Abantu 21 barimo abana 19 bishwe barasiwe ku ishuri ribanza rya Robb muri Leta ya Texas.
Mu muziki
2025: Umuhanzi The Ben n’abarimo Diamond Platinumz, Eddy Kenzo n’abandi, bakoreye igitaramo cy’amateka i Ntungamo mu gihugu cya Uganda.
2000: Umuhanzi w’Umuraperi 50 Cent yarashwe inshuro icyenda ubwo yari yicaye mu ntebe y’inyuma mu modoka ararusimbuka ahita anasezeraga mu nzu ifasha abahanzi ya Columbia yinjira muri G-Unit yubakiyemo ibigwi.
Abavutse
1994: Rodrigo De Paul wamenyekanye muri Atlético Madrid muri Espagne n’Ikipe y’Igihugu ya Argentine.
1941: Bob Dylan, umuhanzi w’Umunyamerika.
Abapfuye
1873: Edward Bulwer-Lytton wamenyekanye ku nyandiko igira iti “ Ikaramu ityaye kurusha inkota”.
1995: Harold Wilson wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!