00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tariki ya 24 Mata

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 April 2026 saa 12:01
Yasuwe :

Turi ku wa 24 Mata 2026.
Ni Umunsi Mpuzamahanga wo kwizihiza Ubuzima bw’Inyamaswa ziba ziri gukorerwaho ubushakashatsi muri za Laboratwari. (World Day for Laboratory Animals)
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
1994: Abatutsi batwikiwe mu musarani ku Kamonyi, abandi bicirwa i Kabgayi.
2025: Bamwe mu banyarwenya b’amazina azwi mu Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, baganirizwa amateka banunamira abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
2005: (…)

Turi ku wa 24 Mata 2026.

Ni Umunsi Mpuzamahanga wo kwizihiza Ubuzima bw’Inyamaswa ziba ziri gukorerwaho ubushakashatsi muri za Laboratwari. (World Day for Laboratory Animals)

Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

1994: Abatutsi batwikiwe mu musarani ku Kamonyi, abandi bicirwa i Kabgayi.

2025: Bamwe mu banyarwenya b’amazina azwi mu Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, baganirizwa amateka banunamira abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

2005: Cardinal Joseph Ratzinger yimikiwe kuba Umushumba wa 265 wa Kiliziya Gatolika ku Isi afata izina rya Benedict XVI.

Mu muziki

2019: Ikirangirire mu muziki wa Mali, Oumou Sangaré, yakoreye igitaramo i New York muri Amerika. Uyu akundirwa ijwi rye rikomeye, guharanira uburenganzira bw’abagore akaba anazwiho no kuba yaratsindiye igihembo cya Grammy mu 2011.

Abavutse

1930: José Sarney wayoboye Brésil.

1947: Josep Borrell, wayoboye Inteko Ishinga Amategeko y’u Burayi.

Abapfuye

Ku munsi nk’uyu mu 2016 yari inkuru mbi ku bakunzi b’umuziki wa Papa Wemba by’umwihariko mu njyana ya Rumba, wapfuye afite imyaka 66 ubwo yagwaga ku rubyiniro i Abidjan muri Côte d’Ivoire.

1967: Vladimir Komarov umuntu wa mbere wapfiriye mu isanzure kubera ikibazo cy’umutaka we muri Misiyo yiswe Soyuz 1.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages