00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tariki ya 19 Werurwe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 March 2026 saa 09:12
Yasuwe :

Turi ku wa 19 Werurwe 2026.
Ni umunsi wahariwe ababyeyi b’abagabo mu bihugu bitandukanye birimo Espagne, Portugal, u Butaliyani, Honduras na Bolivie.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
2025: M23 yafashe Umujyi wa Walikale
2002: Zimbabwe yavanywe mu muryango wa Commonwealth, ishinjwa guhohotera uburenganzira bwa muntu.
2003: Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika George W. Bush yatangaje ko igihugu cye gitangije intambara kuri Iraq. 2013: Mu mijyi itandukanye yo muri (…)

Turi ku wa 19 Werurwe 2026.

Ni umunsi wahariwe ababyeyi b’abagabo mu bihugu bitandukanye birimo Espagne, Portugal, u Butaliyani, Honduras na Bolivie.

Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

2025: M23 yafashe Umujyi wa Walikale

2002: Zimbabwe yavanywe mu muryango wa Commonwealth, ishinjwa guhohotera uburenganzira bwa muntu.

2003: Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika George W. Bush yatangaje ko igihugu cye gitangije intambara kuri Iraq.

2013: Mu mijyi itandukanye yo muri Iraq hatewe ibisasu, bihitana abantu 98 abandi 240 barakomereka.

2019: Nursultan Nazarbayev wabaye perezida wa mbere wa Kazakhstan yeguye ku mirimo ye nyuma y’imyaka ikabakaba 30 yari amaze ku butegetsi.

Mu muziki

2010: Justin Bieber wari ufite imyaka 16 yasohoye album ye ya mbere yise “My World 2.0” yamamaye cyane binyuze mu ndirimbo zari ziyiriho zirimo iyo yise “Baby”.

Abavutse

1993: Hakim Ziyech, umunya-Maroc ukina umupira w’amaguru wamenyekanye cyane mu ikipe ya Chelsea.

1995: Héctor Bellerín, umunya-Espagne ukina wugarira izamu aho yamenyekanye ubwo yakinaga mu ikipe ya Arsenal mu Bwongereza.

Abapfuye

1951: Dmytro Doroshenko wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ukraine.

2014: Patrick Joseph McGovern umucuruzi w’umunyamerika washinze ikigo cya International Data Group (IDG.)


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages