00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tariki ya 18 Nzeri

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 September 2026 saa 03:19
Yasuwe :

Turi ku wa 18 Nzeri 2026.
Ni umunsi wa 261 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 104 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.
Ni umunsi mpuzamahanga wo guharanira kugira amazi meza.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
1962: U Rwanda n’ibihugu nk’u Burundi, Jamaica na Trinidad byinjiye mu Muryango w’Abibumbye.
1961: Dag Hammarskjöld wayoboraga Umuryango w’Abibumbye yapfiriye mu mpanuka y’indege ubwo yerekezaga muri Afurika guhosha intambara yaberaga i Katanga muri Repubulika (…)

Turi ku wa 18 Nzeri 2026.

Ni umunsi wa 261 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 104 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.

Ni umunsi mpuzamahanga wo guharanira kugira amazi meza.

Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

1962: U Rwanda n’ibihugu nk’u Burundi, Jamaica na Trinidad byinjiye mu Muryango w’Abibumbye.

1961: Dag Hammarskjöld wayoboraga Umuryango w’Abibumbye yapfiriye mu mpanuka y’indege ubwo yerekezaga muri Afurika guhosha intambara yaberaga i Katanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

1988: Muri Birmanie hakozwe coup d’état yasize Gen Saw Maung asimbura Maung Maung.

2014: Abaturage ba Scotland batoye banga ko bahabwa Ubwigenge n’u Bwongereza aho 55% banze ubwo bwigenge abandi 45% bagatora basaba ubwo bwigenge.

2015: Abantu 17 bari mu musigiti, abasekirite babiri ndetse n’abasirikare 13 bari mu kigo cyabo, bahitanwe n’ibitero byibasiye Pakistan.

Mu muziki

2004: Britney Spears yashyingiranywe n’umubyinnyi Kevin Federline mu birori byatumiwemo abantu 27 bikamara iminota itanu. Ni ubukwe bwa kabiri yari akoze mu mezi icyenda ndetse uyu mugore yahise atandukana n’uyu mugabo nyuma y’imyaka ibiri.

Abavutse

1939: Havutse Jorge Sampaio wayoboye Portugal.

1976: Havutse Ronaldo Luís Nazário de Lima benshi bakunze nka Gifaru ubwo yakinaga mu bataha izamu muri Real Madrid no mu Ikipe y’Igihugu ya Brésil.

Abapfuye

2012: Havutse Steve Sabol, Umunyamerika washinze NFL Films.

2021: Jolidee Matongo, umunyapolitiki ukomoka muri Afurika y’Epfo, yaguye mu mpanuka y’imodoka avuye mu bikorwa byo kwamamaza perezida.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages