Turi ku wa 18 Kanama 2026.
Ni umunsi wa 229 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 135 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.
Ni Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Ubushakashatsi kuri Kanseri y’Ibere.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
2017: Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda nyuma yo gutsinda amatora rusange ku majwi 98.8 %.
1917: Umujyi wa Thessaloniki mu Bugereki wibasiwe n’inkongi y’umuriro isenya ahangana na 32% by’uwo mujyi ndetse abagera ku bihumbi 70 basigara badafite aho kurambika umusaya bafite.
2005: Indonésie yibasiwe n’ibura ry’umuriro rikomeye, bishyira abantu babarirwa muri miliyoni 100 mu kizima.
2008: Pervez Musharraf wayoboraga Pakistan yareguye ava ku butegetsi, nyuma y’uko ashyizweho igitutu cyo gutakarizwa icyizere.
Mu muziki
2017: Taylor Swift yasibye post zose yari afite ku mbuga nkoranyambaga ze. Nyuma y’iminsi yahise ashyiraho amashusho agaragaza inzoka ahita ateguza indirimbo nshya yise “Look What You Made Me Do” yasohotse ku wa 25 Kanama.
Abavutse
1935: Hifikepunye Pohamba wabaye perezida wa kabiri wa Namibie.
1997: Renato Sanches, umunya-Portugal wamenyekanye mu makipe y’umupira w’amaguru mu Budage no mu Bufaransa.
Abapfuye
1998: Persis Khambatta wabaye nyampinga w’u Buhinde.
2018: Kofi Annan, Umunya-Ghana wabaye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!