Turi ku wa 14 Kamena 2026.
Ni Umunsi Mpuzamahanga wo Gutanga Amaraso.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
1158: Hashinzwe Umujyi wa Munich bikozwe na Henry the Lion ahereye ku nkombe z’umugezi wa Isar.
1900: Leta ya Hawaii yabaye ubutaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
1940: Mu ntambara ya kabiri y’Isi, ingabo z’u Budage zafashe Umujyi wa Paris mu Bufaransa.
1999: Thabo Mbeki yatorewe kuba Perezida wa Afurika y’Epfo.
2017: Inyubako y’i Londres mu Bwongereza yafashwe n’inkongi y’umuriro abantu 72 barapfa abandi 74 barakomereka.
Mu muziki
1987: Umuhanzi Madonna yatangiye ibitaramo buizenguruka isi yise “Who’s That Girl” ahereye Osaka mu Buyapani; biba ibitaramo bya mbere by’umuhanzi bizenguruka isi byinjije amafaranga menshi icyo gihe aho byamusigiye arenga miliyoni 20 z’amadolari ya Amerika.
Abavutse
1946: Havutse Donald Trump uyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho uyu munsi yujuje imyaka 80.
1954: Will Patton wubatse izina mu gukina filimi aho yamenyekanye cyane muri “The Punisher.”
Abapfuye
1946: Jorge Ubico wabaye Perezida wa Guatemala.
2016: Ann Morgan Guilbert, umuririmbyi n’umukinnyi wa filimi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!