00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tariki ya 12 Kanama

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 August 2026 saa 05:36
Yasuwe :

Turi ku wa 12 Kanama 2026.
Ni umunsi wa 223 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 141 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.
Ni Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Inzovu aho abantu bashishikarizwa kuzibungabunga no kuzirinda.
Muri Leta Zunze Zunze Ubumwe za Amerika ho bawizihiza nk’uwahariwe urubyiruko.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
2015: Perezida Kagame yahuye n’abacuruzi bibumbiye muri koperative zikorera mu Gakinjiro ku Gisozi, nyuma y’uko biyubakiye inzu zigezweho zo (…)

Turi ku wa 12 Kanama 2026.

Ni umunsi wa 223 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 141 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.

Ni Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Inzovu aho abantu bashishikarizwa kuzibungabunga no kuzirinda.

Muri Leta Zunze Zunze Ubumwe za Amerika ho bawizihiza nk’uwahariwe urubyiruko.

Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

2015: Perezida Kagame yahuye n’abacuruzi bibumbiye muri koperative zikorera mu Gakinjiro ku Gisozi, nyuma y’uko biyubakiye inzu zigezweho zo gukoreramo.

1964: Afurika y’Epfo yahagaritswe kwitabira Imikino ya Olempike bitewe na politiki ishingiye ku ivangura.

2015: Mu Bushinwa habereye iturika rikomeye ry’ahari habitse ibinyabutabire bitandukanye, abantu 173 bahasiga ubuzima abandi 800 barakomereka.

2018: Abasivili 19 barimo abana 12, bishwe n’iturika ryabereye ahabikwa intwaro muri Syria.

Mu muziki

1997: Itsinda rya Backstreet Boys ryasohoye album yaryo ya mbere muri Amerika, aho yagurishijweho kopi zigera kuri miliyoni 14.

Abavutse

1990: Mario Balotelli, Umutaliyani wubatse izina mu mupira w’amaguru.

1999: Matthijs de Ligt ukina mu bugarira izamu muri Manchester United.

Abapfuye

2000: Loretta Young, umukinnyi wa filimi w’Umunyamerika aho yanatsindiye igihembo cya Oscar.

2010: Guido de Marco wabaye perezida wa gatandatu wa Malta.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages