00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tariki ya 10 Nzeri

Yanditswe na IGIHE
Kuya 10 September 2026 saa 05:51
Yasuwe :

Turi ku wa 10 Nzeri 2026.
Ni umunsi wa 253 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 112 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.
Ni umunsi mpuzamahanga wo kurwanya impamvu zituma abantu biyahura no kwita ku buzima bwo mu mutwe.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
1974: Guinée-Bissau yabonye ubwigenge yigobotoye ubukoloni bwa Portugal.
2002: U Busuwisi nk’igihugu kizwiho kudafata uruhande mu bihe by’intambara, bwinjiye mu Muryango w’Abibumbye nk’umunyamuryango wa 190.
2007: Nawaz (…)

Turi ku wa 10 Nzeri 2026.

Ni umunsi wa 253 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 112 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.

Ni umunsi mpuzamahanga wo kurwanya impamvu zituma abantu biyahura no kwita ku buzima bwo mu mutwe.

Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

1974: Guinée-Bissau yabonye ubwigenge yigobotoye ubukoloni bwa Portugal.

2002: U Busuwisi nk’igihugu kizwiho kudafata uruhande mu bihe by’intambara, bwinjiye mu Muryango w’Abibumbye nk’umunyamuryango wa 190.

2007: Nawaz Sharif wari Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, yasubiye mu guhugu nyuma y’imyaka irindwi ari mu buhungiro kubera coup d’état yo mu 1999.

2022: Charles III yatangajwe ku mugaragaro nk’Umwami w’u Bwongereza nyuma y’aho Elisabeth II yitabye Imana.

Mu muziki

1998: Mu bihembo bya ‘MTV Video Music Awards’, Madonna yegukanye icya vidéo nziza y’umugore ku ndirimbo “Ray of Light”, mu gihe Will Smith we yegukanye icy’umugabo abikesha “Just the Two of Us.”

Abavutse

1968: Havutse Big Daddy Kane, umukinnyi wa filimi w’Umunyamerika, umuraperi wanamenyekanye mu gutunganya indirimbo.

1995: Havutse Jack Grealish, Umwongereza ukinira Everton yatijwemo na Manchester City.

Abapfuye

1979: Agostinho Neto wabaye perezida wa mbere wa Angola.

2020: Diana Rigg, umukinnyi wa filimi w’Umwongerezakazi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages