00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kim Jong Un yategetse ko ibikorwa byo kongera intwaro kirimbuzi byihutishwa

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 4 June 2026 saa 08:51
Yasuwe :

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yasuye uruganda rushya rutunganya ibikoresho by’intwaro za kirimbuzi, asaba ko intwaro nk’izi mu gihugu cye zakomeza kongerwa ku gipimo cyo hejuru cyane mu rwego rwo kwihagararaho.

Kim wasuye uru ruganda rutatangajwe yatangaje ko ubushobozi bw’igihugu cye bwo gukora ibikoresho by’intwaro za kirimbuzi bwikubye kabiri mu myaka itanu ishize.

Yategetse abayobozi babishinzwe bakomeza kongeramo imbaraga kugira ngo igihugu kigere ku ntego zacyo z’igihe kirekire, avuga ko uku kwiyongera kw’intwaro gukenewe cyane kubera ibibazo by’umutekano muke ndetse n’amakimbirane akomeye n’abanzi babo.

Abayobozi ba Koreya y’Epfo batangaje ko uru ruganda rushya rutunganya ubutare bwa uranium bwifashishwa mu mirimo itandukanye irimo no gukora intwaro za kirimbuzi.

Ku rundi ruhande, abasesenguzi bavuga ko ibi byakozwe na Kim Jong Un bishobora kuba bifitanye isano n’uruzinduko Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, ashobora kugirira mu Mujyi wa Pyongyang muri Koreya ya Ruguru mu bihe bya vuba.

Ibi kandi ngo byaba bigamije kongerera imbaraga n’ubudahangarwa igihugu cya Koreya ya Ruguru mu gihe haba habayeho imishyikirano ishingiye kuri dipolomasi n’ibindi bihugu.

Koreya ya Ruguru iri kongera intwaro ikora bijyanye n’uburyo yabonye ibyabaye kuri Iran mu minsi ishize aho mu kanya nk’ako guhumbya abayobozi bayo bishwe kakahava. Iki gihugu kidacana uwaka na Amerika na cyo kibona ko ibyabaye i Tehran na cyo bishobora kukibaho, ibituma gikomeza gukaza ubwirinzi.

Kugeza ubu, impuguke mpuzamahanga zivuga ko Koreya ya Ruguru ishobora kuba ifite intwaro za kirimbuzi zibarirwa muri 50.

Kim Jong Un yategetse ko ibikorwa byo kongera intwaro kirimbuzi byihutishwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages