00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunsi w’amatora wasanze rukigeretse hagati ya Romney na Obama

Yanditswe na

Emile Nsabimana

Kuya 6 November 2012 saa 07:45
Yasuwe :

Ku wa mbere tariki ya 5 Ugushyingo 2012, abiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri manda itaha bari bagihatanira kwigarurira imitima y’abari butore kuri uyu wa kabiri kandi bafite amahirwe yenda kungana.
Mu masaha ya nyuma Barack Obama ushaka kongera gutorwa na Mit Romney w’Umu ’Republican’ baryanaga isataburenge, n’ubwo ibarura ryo mu ntara zigomba kwerekana utsinda ryagaragazaga Obama nk’umunyamahirwe kurusha Romney.
Amakuru atangazwa na BBC avuga ko mu gihe abagera kuri (…)

Ku wa mbere tariki ya 5 Ugushyingo 2012, abiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri manda itaha bari bagihatanira kwigarurira imitima y’abari butore kuri uyu wa kabiri kandi bafite amahirwe yenda kungana.

Mu masaha ya nyuma Barack Obama ushaka kongera gutorwa na Mit Romney w’Umu ’Republican’ baryanaga isataburenge, n’ubwo ibarura ryo mu ntara zigomba kwerekana utsinda ryagaragazaga Obama nk’umunyamahirwe kurusha Romney.

Amakuru atangazwa na BBC avuga ko mu gihe abagera kuri 70 bamaze gutora nta mukandida wagaragaraga nk’ushobora gutsinda amatora yaba Obama cyangwa Romney.

Amahirwe bayiteze mu ntara zimwe

Ikinyamakuru The New York Times cyanditse ko ku munsi wa nyuma wo kwiyamamaza abakandida Barack Obama na Mit Romney bakoreye ibikorwa byo kwiyamamaza muri Leta zisanzwe zizwiho gutanga amahirwe k’utsinda , cyane cyane nka Leta ya Ohio.

N’ubwo bwose nta kinyuranyo kinini kigaragara hagati ya Obama na Romney, Obama aza imbere ya mukeba we nk’uko imibare ya nyuma ibigaragaza.

Utsinda aya matora azayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva muri 2013 kugeza muri 2016. Obama ni yo manda ya nyuma mu zo yemerewe, na ho Romney atawe akaba yaba afite indi manda imbere.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages