00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Icyorezo cya Ebola kiri gucika - WHO

Yanditswe na

Théogène Ishimwe

Kuya 4 September 2012 saa 09:12
Yasuwe :

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima(WHO) kuwa mbere tariki 3 Nzeri 2012 ryatangaje ko bigaragara ko icyorezo cya Ebola muri Uganda kiri gucika, nyuma y’ukwezi kose gushize nta muntu mushya ugaragaweho icyo cyorezo.
Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru The New Vision, itangazo ryashyizwe ahagaragara na WHO rirgira riti “icyorezo cya Ebola nta wundi muntu kirongera kugaragaraho mu karere ka Kibaale muri Uganda guhera tariki ya 3 Kanama 2012 ibyo biravuga ko Ebola igeze ku iherezo (…)

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima(WHO) kuwa mbere tariki 3 Nzeri 2012 ryatangaje ko bigaragara ko icyorezo cya Ebola muri Uganda kiri gucika, nyuma y’ukwezi kose gushize nta muntu mushya ugaragaweho icyo cyorezo.

Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru The New Vision, itangazo ryashyizwe ahagaragara na WHO rirgira riti “icyorezo cya Ebola nta wundi muntu kirongera kugaragaraho mu karere ka Kibaale muri Uganda guhera tariki ya 3 Kanama 2012 ibyo biravuga ko Ebola igeze ku iherezo ryayo.

WHO ivuga ko abantu 24 aribo bafashwe n’icyorezo cya Ebola , 17 muri bo irabahitana kuva icyo cyorezo cyakongera kwaduaka .

Abashinzwe ubuzima muri Uganda, bavuze ko hagati muri Kanama icyorezo cyari cyaciwe intege, ariko kuko ibimenyetso by’uwurwayi wa Ebola bigaragara mu minsi 21, ntibashoboraga kwemeza ko icyorezo cyacitse burundu.

Icyorezo cya Ebola cyateye muri Uganda muri Nyakanga 2012, mu karere ka Kibaale mu Burengerazuba bw’icyo gihugu muri 200km uvuye i Kampala uza mu Rwanda.

Indwara ya Ebola ni indwara ifite ubukana kandi yica vuba. Ishobora kuboneka mu bantu cyangwa mu nyamaswa zifite imiterere ijya kumera nk’iy’abantu (ingagi, inkende, n’izindi). Iyi ndwara iterwa na virusi yitwa Ebola.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages