00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zelenskyy yavuze ko amatora mu gihe cy’intambara yasenya Ukraine

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 August 2026 saa 02:26
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yavuze ko gukora amatora mu gihe igihugu kigikomeje kurwana n’u Burusiya bishobora “gusenya” Ukraine kubera ko byateza amacakubiri mu Banya-Ukraine.

Aya magambo ya Zelenskyy yayatangaje ku Cyumweru ubwo yavugaga ku bijyanye n’igitekerezo cyo gukora amatora mu gihe cy’intambara, nyuma y’uko uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo, Mykhailo Fedorov, yari yasabye ko hakorwa amatora mu gihe intambara igikomeje.

Zelenskyy yavuze ko amatora mu gihe igihugu kiri mu ntambara ashobora kugira ingaruka mbi ku bumwe bw’igihugu.

Ati “Nizera ko niba dushaka gusenya igihugu, twakomeza tugana ku matora muri ubu buryo bw’intambara.”

Amategeko ya Ukraine abuza gukora amatora mu gihe cy’intambara. Abasesenguzi bavuga kandi ko hari impungenge z’umutekano ndetse n’ikibazo cy’Abanya-Ukraine benshi baba hanze y’igihugu cyangwa mu bice bigenzurwa n’u Burusiya, ibintu bishobora gutuma amatora adakorwa mu buryo bworoshye.

Zelenskyy yavuze ko nubwo hari Abanya-Ukraine bifuza kubona impinduka muri politiki, igihe cyo gukora amatora kigomba gutegurwa nyuma y’uko intambara irangiye. Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Kyiv International Institute of Sociology bwagaragaje ko 57% by’Abanya-Ukraine bashaka ko amatora akorwa nyuma y’intambara.

Perezida wa Ukraine yavuze ko amatora ashobora kuba ikibazo gikomeye ku gihugu mu gihe kitari cyiteguye.

Ati “Amatora ubu ni nk’umwuzure ukomeye kuri Leta, ushobora gutandukanya Ukraine. Ni yo mpamvu ingamba zanjye ari ukuyobora igihugu kugeza ku iherezo ry’intambara no kubungabunga igihugu cyigenga kandi gifite ubusugire.”

Perezida Zelenskyy yavuze ko amatora azatuma igihugu gitandukana
Zelenskyy yavuze ko azayobora igihugu kugeza igihe intambara izarangirira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages