Aya magambo ya Zelenskyy yayatangaje ku Cyumweru ubwo yavugaga ku bijyanye n’igitekerezo cyo gukora amatora mu gihe cy’intambara, nyuma y’uko uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo, Mykhailo Fedorov, yari yasabye ko hakorwa amatora mu gihe intambara igikomeje.
Zelenskyy yavuze ko amatora mu gihe igihugu kiri mu ntambara ashobora kugira ingaruka mbi ku bumwe bw’igihugu.
Ati “Nizera ko niba dushaka gusenya igihugu, twakomeza tugana ku matora muri ubu buryo bw’intambara.”
Amategeko ya Ukraine abuza gukora amatora mu gihe cy’intambara. Abasesenguzi bavuga kandi ko hari impungenge z’umutekano ndetse n’ikibazo cy’Abanya-Ukraine benshi baba hanze y’igihugu cyangwa mu bice bigenzurwa n’u Burusiya, ibintu bishobora gutuma amatora adakorwa mu buryo bworoshye.
Zelenskyy yavuze ko nubwo hari Abanya-Ukraine bifuza kubona impinduka muri politiki, igihe cyo gukora amatora kigomba gutegurwa nyuma y’uko intambara irangiye. Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Kyiv International Institute of Sociology bwagaragaje ko 57% by’Abanya-Ukraine bashaka ko amatora akorwa nyuma y’intambara.
Perezida wa Ukraine yavuze ko amatora ashobora kuba ikibazo gikomeye ku gihugu mu gihe kitari cyiteguye.
Ati “Amatora ubu ni nk’umwuzure ukomeye kuri Leta, ushobora gutandukanya Ukraine. Ni yo mpamvu ingamba zanjye ari ukuyobora igihugu kugeza ku iherezo ry’intambara no kubungabunga igihugu cyigenga kandi gifite ubusugire.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!