Ni nyuma y’uko hari amakuru yari yavuze ko Putin ashobora kohereza intumwa kuganira n’uruhande rwa Ukraine ku bijyanye no guhagarika iyi ntambara.
Zelensky yavuze ko nyuma y’uko Ukraine, Amerika n’u Burayi bifashe umurongo umwe kuri iyi ntambara, ari bwo "nzemera kwicara nkaganira na Perezida Putin, tugahagarika iyi ntambara."
Perezida Putin aherutse kuvuga ko Zelensky atagifite ububasha bwo gufata ibyemezo nka Perezida wa Ukraine nyuma y’uko manda ye yakagombye kuba yararangiye muri Gicurasi, 2024, ariko amatora ya Perezida ntashobore kuba bitewe n’intambara.
Haribazwa niba u Burusiya buzemera kuganira n’umuyobozi buvuga ko adafite ububasha bwo gufata icyemezo. Icyakora byitezwe ko ku bufasha bwa Amerika, ibi biganiro bishobora kubaho mu minsi iri imbere.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!