00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zelensky arashaka ibiganiro bidapfa bidapfusha bye na Putin

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 September 2026 saa 03:44
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko yiteguye guhura na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ariko ashimangira ko ibiganiro byabo bigomba kugira icyo bigeraho aho kurangirira mu magambo gusa.

Zelensky yavuze ko yiteguye guhura na Putin mu Nama ya G20 iteganyijwe kubera i Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Ukuboza 2026, mu gihe bombi baba batumiwe.

Mu kiganiro yagiranye na Deutsche Welle, Zelensky yagize ati “Tugomba guhura, tuganira kandi tugafata ibyemezo.”

Nyuma y’aya magambo, Umuvugizi w’Ibiro bya Putin yahise amusubiza ko niba ashaka ibiganiro yazasanga Putin i Moscow.

Aya magambo ya Zelensky aje mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje kugerageza kuzahura inzira y’ibiganiro hagati ya Moscow na Kyiv, nyuma y’igihe ibikorwa bya dipolomasi bisa n’ibyahagaze.

Mu mpera z’icyumweru gishize, intumwa za Amerika Steve Witkoff na Jared Kushner zagiriye uruzinduko i Moscow n’i Kyiv, mu gushaka uburyo intambara imaze igihe hagati y’u Burusiya na Ukraine yahagarara.

Zelensky yavuze ko kuba izo ntumwa zarasuye impande zombi ari “ikimenyetso cyiza”, agaragaza ko kuba zarageze no muri Ukraine ari uburyo bwo kugaragaza ko abaturage bayo bubashywe.

Putin na Perezida wa Amerika Donald Trump na bo baherutse kugirana ikiganiro kuri telefoni cyibanze kuri iyi ntambara, Kremlin ikivuga nk’icyari “kirimo kuvugisha ukuri mu buryo bukomeye.”

Zelensky arashaka kugirana ibiganiro na Putin

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages