00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yoon wayoboye Koreya y’Epfo yakatiwe imyaka itanu

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 16 January 2026 saa 03:58
Yasuwe :

Urukiko rwa Seoul muri Koreya y’Epfo rwakatiye Yoon Suk-yeol igifungo cy’imyaka itanu azira icyaha cyo kubangamira ubutabera, gukoresha nabi ububasha yari afite no guhimba inyandiko.

Yoon yabaye Perezida wa Koreya y’Epfo kuva muri Gicurasi 2022 kugeza muri Mata 2025 uwo yakurwaga ku butegetsi azira ibihe bidasanzwe bya gisirikare yatangaje mu Ukuboza 2024.

Icyemezo cyo gushyiraho ibihe bidasanzwe cyafashwe nk’amahano kuko Yoon yashakaga kubyifashisha mu guta muri yombi abadepite batavuga rumwe na we barimo Lee Jae Myung wamusimbuye ku butegetsi.

Kuva Yoon yava ku butegetsi, yakurikiranyweho ibyaha byinshi byiganjemo ibifitanye isano n’ibihe bidasanzwe yatangaje mu 2024. Ubu ari kuburana imanza enye.

Urubanza yakatiwemo imyaka itanu kuri uyu wa 16 Mutarama 2026 ni rwo rwa mbere ruciwe, izindi zo zikaba zizaburanishwa mu gihe kiri imbere.

Mu rundi rubanza, Yoon yaburanye icyaha cyo kurwanya inzego z’igihugu. Tariki ya 13 Mutarama, Ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’urupfu. Umwanzuro w’urukiko uzamenyekana tariki ya 19 Gashyantare 2026.

Yoon wayoboye Koreya y'Epfo yakatiwe imyaka itanu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages