Ibi byabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatandatu, ubwo uwo mugabo yarengaga uruzitiro rw’ikibuga cy’indege akinjira mu gice indege zikoresha zigwa cyangwa zihaguruka. Byatumye imihanda y’indege ifungwa mu gihe cy’iminota 15 kugira ngo inzego z’umutekano zihagere zimufate.
Abapolisi bo mu gace ka Greater Manchester batangaje ko bakiriye amakuru y’umugabo wabonetse mu gice cy’ikibuga cy’indege kigenewe indege gusa, maze abapolisi bagahita bahagoboka.
Polisi yavuze ko uwo mugabo yari afite ikibazo gishobora kuba gifitanye isano n’ubuzima bwo mu mutwe, ndetse ahita ajyanwa kwa muganga kugira ngo akorerwe isuzuma.
Kubera iki kibazo cy’umutekano, indege zirindwi zagombaga kugwa cyangwa guhaguruka kuri Manchester Airport zahinduye aho zigana, mu gihe izindi 17 zagumye mu kirere zitegereje ko ikibazo gikemuka.
Ubuyobozi bw’ikibuga cy’indege cya Manchester bwatangaje ko igice cy’uruzitiro rwangiritse ubwo uwo mugabo yinjiraga cyasanwe.
Manchester Airport ni kimwe mu bibuga by’indege bikomeye mu Bwongereza. Ibyabaye byatumye abagenzi bamwe batinda, ariko ibikorwa byongeye gusubira ku murongo nyuma yo gukemura ikibazo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!