Ubutumwa ibyo biro byatangaje ku rubuga rwa X ku itariki 28 Mata 2026, bugaragaza ifoto ya Perezida Trump n’Umwami w’u Bwongereza, Charles III bari imbere ya White House bishimye ndetse Trump we yasetse cyane.
Iyo foto ibyo biro byayikurikije amagambo agira ati “abami babiri” ndetse bongeraho akamenyetso (emoji) gashushanya ikamba ry’ubwami.
Ikinyamakuru Forbes cyanditse ko kuva iyi manda ya kabiri ya Perezida Trump yatangira akunze kwigaragaza nk’igihangange n’umutegetsi ukomeye.
Nko mu mwaka ushize, White House na bwo yashyize ifoto ku rubuga rwa X igaragaza Perezida Trump yambaye ikamba ry’ubwami bandikaho ngo ‘harakabaho umwami’.
Ni amagambo kandi yasubiwemo na Perezida Trump mu bundi butumwa na we ati “harakabaho umwami” yigaragaza ubwe.
Ibyo kandi byiyongeraho indi foto ya vuba na yo yakozwe n’Ubwenge Buhangano igaragaza Perezida Trump nka “Yezu ukiza”.
TWO KINGS. 👑 pic.twitter.com/iPVUxc4i4H
— The White House (@WhiteHouse) April 28, 2026



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!