Ibi yabitangaje nyuma y’uko Papa Léon XIV, Umuyobozi wa Kiliziya Gatolika ku Isi akaba n’Umunyamerika wa mbere wageze kuri uwo mwanya, agaragaje kenshi ko atishimira politiki ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika iyobowe na Perezida Donald Trump yo gukaza ingamba ku bimukira.
Papa Léon XIV yasabye ko habaho “gutekereza cyane” ku buryo abimukira bafatwa muri Amerika, anenga uburyo ubutegetsi bwa Trump bwagiye bufata abimukira avuga ko ari “uburyo budakwiye” kandi butubahirije uburenganzira bwa muntu.
Mu kiganiro JD Vance yagiranye na Fox News, yavuze ko nubwo ari umunyagatolika, atemeranya na Vatican kuri politiki y’abimukira.
Vance yavuze ko adashyigikiye uburyo Vatican ikomeza kunenga politiki ya Amerika ku bimukira, asaba abayobozi ba Kiliziya kuganira aho gushyamirana kuri iki kibazo.
Ku rundi ruhande, Papa Léon XIV yakomeje kunenga zimwe muri politiki za Trump, zirimo n’izijyanye n’umutekano n’imikoranire mpuzamahanga, aho Vatican yanze kwinjira mu mushinga wa “Board of Peace” ku kibazo cya Gaza.
Izi mpaka hagati ya Vatican na Washington zigaragaza itandukaniro rikomeye ku buryo ikibazo cy’abimukira kigomba gukemurwa, hagati y’uburenganzira bwa muntu n’igenzura rikomeye ku mipaka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!