Ibi biza byibasiye bikomeye Intara ya Dak Lak kurusha ahandi, aho kuva ku wa 16 Ugushyingo hamaze kubarurwa abarenga 60 bapfuye, nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP.
Izindi ntara byagaragaye ko zagizweho ingaruka zikomeye ni izo mu Majyepfo n’Amajyepfo y’Uburengerazuba bwa Vietnam zirimo Quang Ngai, Gia Lai, Khanh Hoa na Lam Dong.
Guverinoma ya Vietnam yatangaje ko inzu zirenga ibihumbi 186 zasenyutse, naho abagera ku bihumbi 258 babura umuriro w’amashanyarazi, ndetse ubu ingabo na polisi by’iki gihugu bimaze koherezwa mu turere twibasiwe cyane ngo bifashe mu bikorwa by’ubutabazi.
Byatangajwe ko Minisitiri w’Intebe wa Vietnam, Phạm Minh Chính, nyuma y’ibi biza yahise ahamagaza inama y’igitaraganya ubwo yari muri Afurika y’Epfo, aho yari yitabiriye inama ya G20.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!