Jorge Rodríguez yavuze kandi ko guhera mu cyumweru gitaha bazatangira gufasha abantu bahizweho ingaruka n’umutingito kubona aho bakinga umusaya.
Jorge Rodríguez yavuze ko kugeza ubu imibiri y’abantu 315 bapfuye itaramenyekana amazina. Umubare w’abakomeretse wageze kuri 16.740, mu gihe abantu 6.462 bamaze gutabarwa, naho abagera ku 17.000 badafite aho gukinga umusaya.
Rodríguez yatangaje ko Perezida w’agateganyo, Delcy Rodríguez, azatanga inzu za mbere 200 ku bantu bagizweho ingaruka n’umutingito mu cyumweru gitaha.
Yongeyeho ko inyubako 856 zangiritse kubera imitingito, aho 190 muri zo zasenyutse burundu cyangwa zikagira ibice by’ingenzi byangirika ku buryo zitakomeza gukoreshwa.
Nk’uko imibare y’ibanze ya Leta ibigaragaza, hakenewe inzu 25.000 kugira ngo abahuye n’ingaruka z’iyi mitingito babone aho bakinga umusaya. Abayobozi bamaze kumenya ahantu hafi 40 hashobora kubakwa inzu nshya, hafite ubuso bungana na metero kare 584.000, mu duce twa Osma na Chuspa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!