Uyu mugabo nta minsi itatu yari amaze kuri izi nshingano nyuma y’uko uwari uwuriho, Gholamali Rashid, yishwe mu bitero by’Ingabo za Israel byatangiye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.
Israel yamusobanuye nk’umwe mu basirikare bakuru muri Iran, ndetse ko “ari we wari hafi cyane” y’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei.
Iran nta kintu iratangaza kuri uru rupfu.
Ali Shadmani yari yagizwe Umuyobozi wa Islamic Revolutionary Guard Corps. Ni umutwe w’igisirikare mu Ngabo za Iran ushinzwe ibikorwa byose bya gisirikare yaba ibikorerwa imbere mu gihugu, ibitero byo hanze n’umubano w’igisirikare n’amahanga.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!