Uwanduye ni Umujyanama wihariye wa Trump, Nicholas Luna, bivugwa ko ari umwe mu bantu bamuhora iruhande umunsi ku wundi. Inshingano ze zirimo kumuherekeza amanywa n’ijoro mu bintu byose agiyemo, bituma aba umuntu wa hafi cyane wa Trump.
Ku wa Gatanu w’iki Cyumweru nibwo Trump yatangaje ko yanduye Coronavirus ndetse ubu amaze amajoro abiri mu bitaro nubwo yavuze ko akomeje koroherwa.
Luna wanduye Coronavirus, niwe ushinzwe gutwaza inyandiko Perezida Trump, ndetse agenzura ibijyanye n’imbwirwaruhame ze, kugeza no ku ikaramu akoresha asinya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!