00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Urupfu rw’umugore warashwe na Polisi rukomeje guteza imvururu

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 17 January 2026 saa 03:34
Yasuwe :

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hashize iminsi hari imyigaragambyo mu mijyi itandukanye yamagana urupfu rw’umugore wo muri Leta ya Minnesota mu Mujyi wa Minneapolis, wishwe arashwe n’Umupolisi w’Urwego rw’umutekano rushinzwe abimukira (ICE).

Uyu mugore witwa Renee Nicole Macklin Good, yishwe ku wa 7 Mutarama 2026, mu gikorwa cyo kugenzura abimukira bari muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Amashusho yagiye hanze agaragaza uyu mugore ari mu modoka akagotwa n’abapolisi ba ICE, uwamurashe yari ari gufotora imodoka ye ayizenguruka ahita ayihagarara imbere.

Mu gihe yari akiri imbere, mugenzi we yaje gufungura imodoka ya Nicole, ariko asanga irafunze ari bwo uyu mugore yahise atangira gukata ashaka gusubira inyuma.

Nk’uko bigaragara mu mashusho, uwamurashe yakuye imbunda mu bubiko arasa umugore ubwo yari atangiye gushaka kugenda.

Urupfu rwa Nicole ntabwo ruri kuvugwaho rumwe kuko abaturage bo bavuga ko yishwe kandi nta cyaha yakoze mu gihe Urwego rushinzwe Umutekano w’imbere mu gihugu muri Amerika rwavuze ko uyu mugore yari ari mu makosa ndetse ko yashakaga kugonga uwo mupolisi.

Umuryango wa Nicole n’abamushyigikiye, barimo abaturage b’aho yabaga, bavuga ko yari ari kugerageza kugenda, atari agamije kugirira nabi abapolisi ba ICE.

Abari kwigaragambya bakomeje gusaba ko umuryango w’uyu mugore uhabwa ubutabera ndetse uwamurashe agakurikiranwa. Bari gusaba kandi ko ibikorwa bya ICE byahagarara kuko imikorere yayo idahwitse inagira ingaruka ku baturage.

Abaturage bamaze iminsi bigaragambya bamagana ICE
Abari kwigaragambya bari gusabira ubutabera Renee Good warashwe na ICE
Iyi myigaragambyo yatangiye nyuma y'urupfu rw'umugore warashwe na ICE

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages