00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika: Umugabo witwaje intwaro yarasiwe imbere ya White House

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 10 March 2025 saa 03:39
Yasuwe :

Urwego rushinzwe kurinda abayobozi bakuru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwatangaje ko rwarashe umugabo wari witwaje intwaro hanze y’ibiro bya Perezida w’icyo gihugu.

Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri Secret Service, Anthony Guglielmi, yatangaje ko bari babonye amakuru y’umuntu ushaka kugaba igitero cy’ubwiyahuzi waturukaga muri Leta ya Indiana yerekeza i Washington.

Guglielmi yavuze ko bari bahawe amakuru arambuye kuri uwo muntu ugaragara nk’umwiyahuzi, umurinzi wo kuri White House abonye umuntu umeze nka we ndetse abona n’aho yaparitse imodoka hafi aho bahita batangira kurasana.

Ati “Ubwo ushinzwe kurinda umutekano yahegeraga, uwo mugabo yahise akuramo intwaro ndetse bihita bisaba ko uwo murinzi ahita akoresha intwaro birangira amurashe.”

CNN yanditse ko ku wa 9 Werurwe 2025 mu gitondo Trump atari yaramukiye muri White House.

Uwo mugabo utaramenyekana imyirondoro ye yahise ajyanwa mu bitaro, mu gihe Secret Service yavuze ko nta mukozi wayo wigeze akomereka.

Umugabo witwaje intwaro yarasiwe imbere ya White House

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .